Abasirikare basaga 20 ba Niger bishwe n’inyeshyamba abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’ingabo muri Niger yavuze ko abarwanyi bishe byibuze abasirikare 23 abandi 17 barakomereka mu gitero cyagabwe ku mutwe w’abasirikare ba leta mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’igihugu.

Abantu barenga 100 bitwaje imbunda bari kuri moto no mu modoka bakoresheje ibikoresho biturika ndetse na bombe biyahura kugira ngo bagabe igitero ku mutwe wa gisirikare ubwo bari barimo gusubira inyuma bavuye muri operation mu karere ka Tillaberi kibasiwe n’inyeshyamba.

Minisiteri yatangaje ko iki gitero cyagabwe hagati ya komine ya Teguey na Bankilare. Yongeyeho ko abagabye igitero bagera kuri 30 bishwe.

Niger ni kimwe mu bihugu byinshi byo muri Afurika y’Iburengerazuba bihanganye n’inyeshyamba z’abayisilamu zakwirakwiye ziva muri Mali mu myaka 12 ishize, zigahitana abantu ibihumbi n’ibihumbi.

Kubabazwa no kuba abayobozi barananiwe kurinda abasivili byatumye habaho guhirika ubutegetsi muri Mali, Burkina Faso na Niger kuva mu 2020.

Abahiritse ubutegetsi bahagaritse umubano n’izari inshuti zabo zo mu burengerazuba zafashaga igisirikare cyaho, aho birukanye ingabo z’Abafaransa n’izindi z’i Burayi maze bahitamo gukorana n’u Burusiya.

Aha muri Niger abahiritse ubutegetsi mu cyumweru gishize bahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare bari bafitanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *