220827-hampton-inn-mjf-1452-f558e3.jpg

Abasirikare batatu b’Abaholandi barasiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare batatu b’Abaholandi barasiwe mu kurasa kwabereye hanze ya hotel bacumbitsemo yo mu Mujyi wa Indianapolis muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Irasa ryabaye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu mu karere k’imyidagaduro ka Indianapolis.

Polisi ya Indianapolis yavuze ko abapolisi basanze abagabo batatu bafite ibikomere by’amasasu bajyanwa mu bitaro by’akarere nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Minisiteri y’ingabo y’u Buholandi yavuze ko umusirikare umwe amerewe nabi abandi babiri bakaba bafite ubwenge, mu gihe abapolisi ba Indianapolis bavuze ko babiri muri abo basirikare bamerewe nabi naho uwa gatatu akaba atarembye.

Minisiteri yavuze ko abo basirikare batatu bakomoka mu mutwe w’abakomando kandi bari muri Leta ya Indiana yo muri Amerika mu rwego rw’imyitozo kandi bari imbere ya hotel yabo mu gihe cy’akaruhuko igihe amasasu yavugaga.

220827-hampton-inn-mjf-1452-f558e3.jpg
Aho abasirikare barashwe bacumbitse

Polisi ya Indianapolis yavuze ko bakeka ko haba hari amakimbirane hagati y’abo basirikare batatu barashwe n’undi muntu cyangwa abantu yatumye baraswaho.
Minisiteri yavuze ko imiryango y’abahohotewe yabimenyeshejwe mu gihe abapolisi ba Indianapolis bakomeje iperereza ku iraswa.

Nta muntu wigeze atabwa muri yombi.

Igisirikare cyo muri Indiana cyavuze ko abo basirikare bari mu myitozo mu kigo cy’imyitozo yo kurwanira mu mijyi cya Muscatatuck, ikigo cya hegitari 405 mu birometero nka 65 mu majyepfo y’iburasirazuba bwa Indianapolis.

Abashinzwe umutekano bavuze ko iki kigo gikoreshwa mu myitozo na Minisiteri y’ingabo “kimwe n’abandi bafatanyabikorwa” b’abanyamahanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *