Abasirikare bayoborwaga na Gen Niyombare mu ishyamba bakaniwe urubakwiye

Sangiza iyi nkuru

Abantu 25 bagiye bafatwa bakavuga ko bari mu mutwe ushaka guhirika Leta y’u Burundi (FOREBU) uyobowe na Gen Niyombare, bagejejwe imbere y’urukiko bakanirwa urubakwiye.
Urukiko rukuru ruherereye mu Ntara ya Makamba nirwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Ukuboza 2016, rwasomeye aba bantu bagera kuri 25 ibihano bafatiwe.
Babiri bakatiwe igihano cy’imyaka 20, cumi na batanu bakatirwa icy’imyaka 15, umwe akatirwa 5 naho abandi 7 baba abera.
Umushinjacyaha wa Repubulika mu ntara ya Makamba yatangaje ko aba bantu ari abari mu mutwe wa FOREBU uyobowe na Gen Niyombare wari ugiye guhirika ubutegetsi ku wa 13 Gicurasi 2015 .
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abandi ngo bakaba ari abo mu mutwe wa RED TABARA, bakaba baragiye bafatwa bahungabanya umutekano w’igihugu, bakaba bamwe barafashwe ubwo bateraga inkambi ya gisirikare ya Kayogoro iri muri Makamba.
Gusa ku ruhande rw’aba bakatiwe, bahakanye ibyo bashinjwa byose bavuga ko ari ibyaha bashyizwe ku mutwe batanafite aho bahuriye nabyo.
Ku itariki ya 21 Mutarama, nibwo Forebu, umutwe uharanira kurengera amasezerano y’amahoro ya Arushan n’Itegeko Nshinga, wemeje ko yashyizeho umuyobozi mukuru, Gen Niyombare Godefroid, nk’uko RFI yari yabitangaje.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *