Minisiteri y’ingabo yavuze ko byibuze abasirikare 17 ba Niger baguye mu gitero cyagabwe n’imitwe yitwaje intwaro hafi y’umupaka na Mali.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, “itsinda ry’Ingabo za Niger (FAN) ryagendaga hagati ya Boni na Torodi ryaguye mu gico cy’iterabwoba hafi y’umujyi wa Koutougou [mu birometero 52 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Torodi]”.
Yongeyeho ko abandi basirikare 20 bakomeretse, bose bimurirwa i Niamey, umurwa mukuru.
Itangazo rikomeza rivuga ko abagizi ba nabi barenga 100 “bishwe” basubira inyuma nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Mu myaka icumi ishize, aka gace gahana imbibi na Mali , amajyaruguru ya Burkina Faso n’uburengerazuba bwa Niger kahindutse izingiro ry’urugomo rw’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na al-Qaeda na ISIL (ISIS) mu karere ka Sahel.
Uburakari bw’amaraso yamenetse bwatumye igisirikare gihirika ubutegetsi muri ibyo bihugu uko ari bitatu kuva mu 2020, aho Niger ari yo iheruka ku itariki ya 26 Nyakanga igihe Perezida Mohamed Bazoum yavanwagaho.
Amajyepfo y’uburengerazuba bwa Niger nayo yibasiwe n’imitwe yitwaje intwaro yambukiranya iva mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, ahatangiriye ibikorwa by’iterabwoba bya Boko Haram mu 2010.
Abayoboye coup d’etat bavuze ko ihirikwa rya Bazoum ryatewe n’umutekano muke mu gihugu “watewe n’imiyoborere mibi”.


