Abasirikare n’abapolisi bakuru b’u Rwanda, aba Mozambique n’ab’umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) bari mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado, kuri uyu wa 13 Ukwakira 2021.
Iyi nama yabereye mu mujyi wa Mocimboa da Praia yigaga ku buryo izi ngabo zose zahuza ibikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri IS (Islamic State).
Iyi nama yahuje izi ngabo ibaye nyuma y’aho umuyobozi wungirije w’ingabo za SADC ziri muri Mozambique, Brig. Gen. Dumizani Nzinge atangarije ko bari gushaka uburyo ibikorwa byazo zose byahurizwa hamwe.
Iki gisubizo Gen. Nzinge yagihaye umunyamakuru wa SABC News wamubajije niba kudahuza ibikorwa kw’ingabo z’u Rwanda n’iza SADC atari imbogamizi mu rugamba rwo kurwanya intagondwa z’uyu mutwe w’iterabwoba. Icyo gihe yasubije ko koko ari imbogamizi.
Izi ngabo zishobora guhuza imbaraga. Soma iyi nkuru umenye byinshi https://bwiza.com/?Cabo-Delgado-Ingabo-za-SADC-mu-nzira-yo-kwihuza-na-RDF-mu-rugamba-rwo-kurwanya


