fiub_9swaaaqj7w.jpg

Abategetsi bamwe mu Burundi baracyatoteza bakanatera ubwoba abanyamakuru – E.U

Sangiza iyi nkuru

Claude Bochu, ukuriye ibiro by’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Burundi, aremeza ko n’ubu abanyamakuru bakorera muri iki gihugu bakomeje guterwa ubwoba no gutotezwa na bamwe mu bayobozi.

Uyu avuga kandi ko abanyamakuru b’i Burundi bahembwa intica ntikize, ariko ko nubwo bimeze gutyo bitababuza gukora umwuga wabo neza. Ibi akaba yabitangaje kuri uyu wa Kane ushize ubwo yari mu Ntara ya Gitega hafungurwa inama rukokoma ireba urwego rw’itangazamakuru mu Burundi.

Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazambanza, we yemeje ko muri iyi myaka itandatu ishize habaye umwuka mubi hagati y’ubutegetsi n’abanyamakuru avuga ko byatewe ahanini na bimwe mu binyamakuru byashatse gukorera inyungu za politiki no gufasha abashaka gusenya igihugu.

fiub_9swaaaqj7w.jpg

Kubwa Claude Bochu, uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Burundi nk’uko tubikeha Ubmnews, ngo n’ubu abanyamakuru bakomeje guterwa ubwoba no gutotezwa na bamwe mu bategetsi b’igihugu.

Asanga ngo abanyamakuru bo mu Burundi ari intwari kuko nubwo bahembwa umushahara muto bitababuza gukora akazi kabo neza uko bashoboye.

Mu mwaka ushize wa 2021, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibindi bihugu byari byatangaje ko Leta y’u Burundi ikandamiza abanyamakuru bigatuma hari inkuru zimwe na zimwe batinya gukora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *