m23-48-afb87

Abayobozi ba gisirikare na politiki ba M23 bafatiwe ibihano kuva mu 2010

Sangiza iyi nkuru

Raporo yashyizwe ahagaragara muri Mata 2026 n’Itsinda ry’Ubushakashatsi kuri Congo (CRG) n’Ikigo gishinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga (CIC) muri Kaminuza ya New York, ivuga ko abayobozi 13 mu rwego rwa gisirikare na politiki 13 ba M23 bafatiwe ibihano mpuzamahanga byafashwe na Loni, Amerika, ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi.

Kuva mu Gushyingo n’Ukuboza 2012, Umugaba Mukuru wa M23, General Sultani Makenga, yafatiwe ibihano na Loni, Amerika, n’u Burayi kubera kurenga ku cyo bise amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu. General Baudouin Ngaruye, komanda w’akarere ka mbere k’ibikorwa, na Innocent Kaina, wigeze kuba umuntu ukomeye muri uyu mutwe, bakatiwe ibihano nk’ibyo kuva icyo gihe. Colonel Innocent Zimurinda, umuyobozi w’icyicaro gikuru, yafatiwe ibihano na Loni kuva mu Kuboza 2010, n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi kuva icyo gihe, ndetse na Amerika kuva muri Mutarama 2013.

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa wa AFC, yafatiwe ibihano bwa mbere na Amerika muri Werurwe 2019 nka Perezida wa Komisiyo y’Amatora ya Congo kubera guhungabanya inzira y’amatora muri demokarasi, hanyuma na none afatirwa ibihano muri Nyakanga 2024 kubera uruhare rwe nk’umuyobozi wa AFC. Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi nawo wamufatiye ibihano muri Nyakanga 2024. Bertrand Bisimwa, umuyobozi wa politiki wa M23, yafatiwe ibihano na Amerika muri Nyakanga 2024 ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi muri Werurwe 2025.

Muri Werurwe 2025, abandi bayobozi batanu bafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Barimo Désiré Rukomera, ukuriye gushaka abayoboke no kwamamaza; Colonel John Imani Nzenze, ukuriye iperereza rya gisirikare; Jean-Bosco Nzabonimpa Mupenzi, umuyobozi ushinzwe imari; Joseph Musanga Bahati, Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru washyizweho na M23; na Justin Gacheri Musanga, komanda wa zone. Harimo kandi Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Mukuru wa AFC/M23 akaba na muramu wa Makenga, wafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Nyakanga 2024.

Col. Willy Ngoma wahoze ari umuvugizi akaba n’umuyobozi w’ingabo muri M23, yafatiwe ibihano na Loni muri Gashyantare 2024 ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Mata 2024. Yishwe ku itariki ya 24 Gashyantare 2026, mu gitero cy’indege zitagira abapilote hafi ya Rubaya muri Kivu y’Amajyaruguru.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *