Abimukira bazemera koherezwa mu Rwanda ku bushake bazahabwa £3,000 muri gahunda nshya

Sangiza iyi nkuru

Abimukira bangiwe ubuhungiro mu Bwongereza bazahabwa ibihumbi by’amapound yo kwimukira mu Rwanda muri gahunda nshya yo kugenda“ku bushake” mu gihe Guverinoma ikomeje guhangana n’abadepite kubera gahunda yayo yo kohereza mu Rwanda abimukira.

Ibyifuzo bitandukanye n’icyifuzo cyo kohereza abantu mu gihugu cy’iburasirazuba bwa Afurika kugira ngo dosiye zabo zisaba ubuhungiro zihatunganyirizwe aho kuba mu Bwongereza kandi byamaze kwemerwa n’u Rwanda nkuko bivugwa.

Iyi gahunda igamije gusubiza inyuma abimukira badafite uburenganzira bwemewe bwo kuguma mu Bwongereza ariko badashobora gusubizwa mu bihugu byabo, nk’uko byatangajwe bwa mbere n’ikinyamakuru The Times.

Iyi gahunda ni iyagurwa ry’isanzwe y’ibiro by’umutekano w’imbere mu gihugu yo gsubira inyuma ku bushake, aho abimukira bahabwa ubufasha bw’ama-pound agera ku 3.000 yo kuva mu Bwongereza bakajya mu gihugu bakomokamo.

Umuvugizi w’ibiro by’umutekano w’imbere mu gihugu yagize ati: “Mu mwaka ushize, abantu 19.000 bavanywe ku bushake mu Bwongereza kandi iki ni igice cy’ingenzi mu bikorwa byacu byo guhangana n’abimukira mu buryo butemewe.

Ati: “Turimo gushakisha kwimurira ku bushake abadafite uburenganzira bwo kuba hano, mu Rwanda, rwiteguye kwakira abantu bifuza kubaka ubuzima bwabo kandi badashobora kuguma mu Bwongereza.

Yongeyeho ko: “Ibi byiyongera ku mutekano w’itegeko ry’amasezerano n’u Rwanda, niriramuka ryemejwe, rizemeza ko abantu baza mu Bwongereza mu buryo butemewe boherezwa mu Rwanda.”

Guverinoma ngo yemera ko gahunda yo kugenda ku bushake ishobora gushyirwa mu bikorwa vuba kuko izashingira ku nzego zisanzwe zagaragajwe n’amasezerano yamaze kugirana n’u Rwanda ndetse n’inzira zisanzwe zo gusubira inyuma ku bushake.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *