image_750x_65266330f3243

AFC/M23 na FARDC birashinjanya gukomeza ibitero bititaye ku biganiro bya Doha

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Kinshasa rirashinja Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gukomeza kubagabaho ibitero ititaye ku biganiro by’amahoro bikomeje kubera i Doha muri Qatar.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi Laurence Kanyuka, abinyujije kuri X kuri uyu wa Kane ushize, itariki 17 Nyakanga 2025.

Yagize ati: “AFC / M23 iramenyesha imiryango mpuzamahanga ndetse n’amahanga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje ibitero bya gisirikare nubwo hakomeje imihate y’amahoro i Doha.”

Yakomeje agira ati: “Imbere y’ibi bitero, umuryango wacu wongeye gushimangira icyemezo cyo kurinda abaturage b’abasivili no gukuraho iterabwoba iryo ari ryo ryose aho rituruka”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo tuzemera ko iterabwoba cyangwa imigenzereze y’ubutegetsi butemewe kandi bumena amaraso, butamba amahoro kubw’inyungu zabwo bwite.”

Kanyuka avuga ko uretse ibi bitero biri kugabwa n’uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Congo, bakomeje no kohereza abasirikare benshi ndetse n’intwaro mu bice binyuranye birimo Walikare na Lubero.

Yavuze kandi ko hari abasanzwe barwana ku ruhande rumwe n’ubutegetsi bwa Congo barimo Igisirikare cy’u Burundi, bakomeje koherezwa ku bwinshi, ndetse ko hashize icyumweru bari kugaba ibitero ku birindiro by’abarwanyi b’iri huriro AFC/M23.

Ibi AFC/M23 ibitangaje nyuma y’iminsi FARDC nayo iyishinje gukomeza ibitero ititaye ku biganiro biri kubera muri Qatar.

Nk’uko byatangajwe na FARDC, igitero cya mbere cya AFC / M23 cyabaye ku itariki ya 12 Nyakanga ndetse no ku itariki ya 14 muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.

Kuri uwo wa Mbere nyine, ibirindiro bya FARDC i Masisi nabyo ngo byaje kwibasirwa n’ibitero bya AFC/M23 nk’uko abayobozi b’ingabo za Congo babitangaje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *