Umutwe wa AFC/M23 wanyomoje amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byegereye ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’uko ingabo zawo zaba zambuwe uduce umunani two muri Teritwari ya Masisi n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ku wa Gatanu, ikinyamakuru ACTUALITE.CD cyegereye Leta ya Congo Kinshasa, cyatangaje ko ingabo za Leta (FARDC) zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo bambuye M23 agace ka Kabobi.
Mbere y’aho iki gitangazamakuru n’ibindi byegereye Leta ya Kinshasa bwo byari byatangaje ko AFC/M23 yatakaje agace ka Kinigi na ko gaherereye muri Teritwari ya Masisi, ndetse ko ziriya ngabo zikomeje gusatira agace k’ingenzi ka Rubaya gakungahaye ku mabuye y’agaciro.
Guverineri wungirije w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Ngarambe Manzi Willy, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagaragaje iby’uko AFC/M23 ikomeje gutakaza uduce ari ibihuha.
Ati: “Mwaduteye mwishyize hamwe, ariko muzatatana mufite ubwoba. Inzozi zanyu zapfubye zitaranatangira. Ikinyoma kibashyigikiye kizagwa, kandi amahoro azongera kuganza muri Congo.”
Kuri ubu amakuru avuga ko kugeza mu masaha ya nyuma yo ku wa Gatanu, AFC/M23 ari yo yari ikomeje kugenzura uduce twa Kinigi na Kibabi, bitandukanye n’ibivugwa.


