Kuri uyu wa Kane, itariki ya 26 Kamena, Urukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa muntu n’abaturage (AfCHRP) rwatangaje ko rufite ububasha bwo kuburanisha urubanza u Rwanda ruregwamo na DRC.
Mu nama ya 77 isanzwe yabereye i Arusha, muri Tanzaniya, uru rukiko rwavuze ko ikirego DRC irega umuturanyi wa yo cyemewe, kikaba gishinja u Rwanda gukora ihohotera no guhonyora uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bw’igihugu.
Kinshasa ishinja Kigali, cyane cyane kuvogera imipaka no gukora ubwicanyi muri Kivu y’Amajyaruguru kuva mu 2022.
Uruhande rwunganira u Rwanda rwo ntirwemera ububasha bw’Urukiko bwo kuburanisha uru rubanza.
Urukiko rwatangaje kandi ko iperereza rizakorwa kuri iki kibazo.
AfCHRP yahaye u Rwanda iminsi 90 yo gutanga ibisobanuro ku miterere y’urubanza. DRC ifite iminsi 45 yo gusubiza mbere y’uko urukiko ruzafata icyemezo ku mpamvu rusange.


