Guverinoma y’u Burusiya yatanze impuruza ko muri Afghanistan hari abakomando b’inararibonye barimo abatojwe n’umutwe wamamaye w’abarwanyi kabuhariwe wa SAS n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari guha abasirikare n’abasivili imyitozo ikaze mu rwego rwo gutegura uko bazigaranzura Abatalibani baherutse gufata ubutegetsi.
Bitandukanye n’ibitangazwa kuva Abatalibani bafata umurwa mukuru, Kabul, tariki ya 15 Kanama 2021, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov kuri uyu wa 19 Kanama 2021 yabwiye itangazamakuru ko uyu mutwe wegamiye kuri Isilamu utari kugenzura igihugu cyose. Ati: “Abatalibani ntabwo bari kugenzura ubutaka bwose bwa Afghanistan.”
The Sun yatangaje ko Minisitiri Lavrov yasobanuye ko imbere muri Afghanistan mu kibaya cya Panjshir ari ho aba bakomando bari gutoreza abasirikare basanzwe n’abasivili, bakaba bayobowe Visi Perezida uherutse guhirikwa ku butegetsi, Amrullah Saleh na Ahmad Massoud, umuhungu wa Ahmed Shah Massoud uri mu barwanyije Abatalibani cyane.”
Yakomeje ati: “Hari amakuru ko mu kibaya cya Panjshir ko abarwanyi ba Visi Perezida Bwana Saleh na Ahmad Massoud bari kuhisuganyiriza.”
Umwe mu baganiriye n’iki gitangazamakuru wiyunze n’abari kwitoza yavuze ko babarirwa mu bihumbi, bose bakaba bariyemeje kurwanya Abatalibani kugeza amasasu abashiranye. Yagize ati: “Turi ibihumbi, abandi benshi bari kuza. Tugizwe n’abaturage ba hano. Si umutwe witwaje intwaro usanzwe. Ni umutwe w’ibihumbi by’abasirikare batojwe bafitanye isano n’ubutaka bwa hano kandi bafite ubunararibonye bwo kurwanya ibyihebe bw’imyaka 20. Ntabwo nzapfa ntarasenya Abatalibani. Tuzarwana kugeza ku isasu rya nyuma.”
Uyu murwanyi atangaje aya magambo nyuma y’ubutumwa Visi Perezida Saleh aherutse gutambutsa ku rubuga rwa Twitter nyuma yo guhirikwa n’Abatalibani. Yagize ati: “Nimwiyunge ku mutwe witwaje intwaro. Ntabwo nzigera, sinzigera mfukamira ibyihebe bya Tabilani.”
Guverinoma y’u Burusiya ishingiye kuri iyi myitozo iri gutangirwa muri iki kibaya, yagaragaje ko ifite impungenge z’uko muri Afghanistan hashobora kuba intambara ikomeye. Isaba ko impande zombi zajya mu biganiro by’amahoro, zigacoca amakimbirane zifitanye.



Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Afghanistan: Abakomando bayobowe n’uwari Visi Perezida baritegura kwigaranzura Abatalibani
Aya ni amakuru ya abanyamakuru adahuye n’ukuri.
Afghanistan: Abakomando bayobowe n’uwari Visi Perezida baritegura kwigaranzura Abatalibani
Aya ni amakuru ya abanyamakuru adahuye n’ukuri.