Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) n’urwego rwa Afurika rushinzwe gukumira indwara, Africa CDC, byasabye ibihugu byo ku mugabane wa Afurika kwirinda kwangiza inkingo z’icyorezo cya Covid-19 bigaragara ko zacyuye igihe (zashaje).
Ni nyuma y’aho Malawi na Sudani y’Epfo bitangarije ko bifite umugambi wo kumena doze z’inkingo zibarirwa mu 75,000 bigaragara ko zashaje.
Nka Malawi ivuga ko doze zirenga 16,000 za AstraZeneca zagombaga kuba zarakoreshejwe bitarenze tariki ya 13 Mata 2021, tariki zacyuriyeho igihe, gusa ziracyari mu bubiko.
Sudani y’Epfo na yo ivuga ko ikibitse doze zibarirwa mu 59,000 yagombaga gukoresha; bikaba byumva ko bitaziha abaturage babyo mu gihe bigaragara ko zashaje, ahubwo igisubizo ari ukuzangiza.
Dr John Nkengasong uyoboye Afurika CDC mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nk’uko tubikesha Reuters, yagize ati: “Icyo nasaba ibuhugu ni uko niba turi gukora ubukangurambaga bwo gukingira, nimukore akazi kanyu, muzikoreshe.”
Dr Nkengasong yavuze ko Africa CDC yamenyesheje ibihugu byo kuri uyu mugabane ko [bitandukanye n’ibigaragara kuri doze zikibitswe muri Malawi na Sudani y’Epfo] izi nkingo zizakoreshwa kugeza tariki ya 13 Nyakanga 2021.
Dr Matshidiso Moeti uhagarariye OMS muri Afurika, na we yavuze ko byari byitezwe ko izi nkingo zizacyura igihe nyuma y’igihe cyari cyarateganyijwe mbere.
Gusa Dr Moeti yasabye ko izi nkingo zakomeza kubikwa aho kwangizwa, hagategerezwa raporo y’ikigo Serum gikora inkingo za Astra Zeneca.
Raporo ya Serum ni yo izemeza niba izi nkingo zakomeza gukoreshwa cyangwa se niba zakwangizwa.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


