Guverinoma ya Afurika y’Epfo yatangaje ko igihugu gikeneye abasirikare 25,000 bo guhagarika abigaragambiriza ifungwa ry’uwabaye Umukuru w’Igihugu, Jacob Zuma.
Byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo w’iki gihugu, Nosiviwe Mapisa-Nqakula kuri uyu wa 14 Nyakanga 2021, ubwo yari imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Yagize ati: “Nasabye abasirikare 25,000.”
Iyi myigaragambyo iri kubera mu ntara ya KwaZulu Natal yatangiye ubwo Urukiko rw’Ikirenga rwari rumaze gukatira Zuma igifungo cy’amezi 15 azira kwanga kwitabira urubanza rwe ku byaha birimo kunyereza umutungo wa Leta yari akurikiranweho.
Yakajije umurego ubwo Zuma yijyanye muri gereza ku bushake, ihungabanya ibikorwa bitandukanye birimo: ubucuruzi, ubwikorezi n’inganda.
Muri iyi myigaragambyo hamaze gupfiramo abantu 72, hatwitswe ibikorwa birimo inyubako bibarirwa kuri 208 nk’uko Guverinoma ibyemezo.
Ku nshuro ya mbere, Afurika y’Epfo yari yohereje abasirikare 2,500 kugira ngo bahagarike iyi myigaragambyo ariko byarabananiye. Byabaye ngombwa ko yohereza izindi 2,500, nabwo bikomeje kunanirana. Ni yo mpamvu Minisitiri Mapisa-Nqakula yasabye izi zose.



2 Responses
Afurika y’Epfo ikeneye abasirikare 25,000 bo guhagarika abigaragambiriza ifungwa rya Zuma
Bamufunguye ko arusha Leta imbaraga
Afurika y’Epfo ikeneye abasirikare 25,000 bo guhagarika abigaragambiriza ifungwa rya Zuma
Bamufunguye ko arusha Leta imbaraga