Uwahoze ari umuyobozi w’ishayaka CNL « Congres National pour la Liberté » Agathon Rwasa yirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka n’inama idasanzwe y’ishyaka rye yateranye adahari.
Iyo nama yabaye ku wa 10 Werurwe 2024, yirukanye Agathon Rwasa igikorwa cyanahawe umugisha na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (Minisitere de l’Interieur) yemeje ibyavuye muri iyo Kongere. Agathon Rwasa yasimbujwe Nestor Girukwishaka.
Abashyigikiye Agathon Rwasa barimo abadepite b’ishyaka CNL bavuze ko iyi nama itari yemewe kuko usibye guhabwa umugisha n’ubutegetsi ariko yabaye mu buryo butemewe kandi budakurikije amategeko.
Deputé Pamphile Malayika umujyanama wa Rwasa avuga ko bamwe mu badepite bashyigikiye Rwasa bari bitabiriye bicajwe hasi ku izuba mu gihe abandi barwanashyaka bangiwe kwinjira n’inzego z’igipolisi ndetse abandi bagafatwa. Kuri Pamphile Malayika hagomba gutegurwa indi kongere yujuje ibisabwa abarwanashyaka bose barimo, hakabona gukora indi yemewe kuko indi ni ingirwakongere idafite ikintu na kimwe gishyingirwaho mu rwego rw’amategeko.
Rwasa yirukanwe bwa kabiri mu mezi umunani
Mu nkuru yacu yo muri Nyakana 2023, twababwiye ko na none umunyapolitiki Rwasa, yirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi. Rwaka yirukanwe n’abadepite 10 bagize Politiki ya ririya shyaka, nyuma y’igihe gito abahagaritse mu ishyaka.
Icyo gihe, aba badepite bamwihindutse bamuhagarika bamushinja “amakosa akomeye”, arimo gucurira “umugambi mubisha inzego z’ishyaka ndetse no kunyereza umutungo w’ishyaka.”
Ishyaka CNL biciye mu munyamabanga waryo mukuru, ryasabye abayoboke baryo bose “kudaha agaciro itangazo rimaze gusohorwa n’agatsiko kamaze iminsi karajwe ishinga no kuduruvanganya ibikorwa by’ishyaka CNL.”
Depite Simon Bizimungu yibukije bariya badepite birukanye Rwasa ko “ibihe byo guhirika inzego nta mwanya bigifite muri iyi myaka tugezemo.”
Uyu yateye utwatsi ibyatangajwe na bariya badepite 10, mbere yo gusaba abayoboke ba CNL gukomeza gushyigikira Agathon Rwasa.
Agathon Rwasa yavugaga ko icyemezo cyo guhagarika bariya badepite yafashe agifitiye ububasha, kandi ko kubagarura mu ishyaka bizagenwa n’abanyamuryango baryo.
Agathon Rwasa yabashinjaga , barimo n’uwari umuvugizi wa CNL, kudakurikiza amabwirizwa y’ishyaka ndetse n’andi makosa yavugaga ko “akomeye”.
CNL ifatwa nk’ishyaka rikomeye mu Burundi rihanganye n’iriri ku butegetsi rya CNDD-FDD, ari yo mpamvu bamwe bashinja Leta kurica intege. Ryashinzwe mu mwaka wa 2019. Agathon Rwasa umuyobozi waryo yabaye umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba FNL (Forces Nationales pour la Liberation) nyuma y’amasezerano y’amahoro ryari ryarahindutse (Front National pour la Liberation). Iri naryo yaryirukanwemo mu mwaka wa 2010.
Bwiza.com


