Agnes Tirop, umukinnyi w’imikino ngororamubiri wo muri Kenya wari uhagarariye igihugu cye mu kwiruka metero 5000 mu bagore mu gihe cy’imikino Olempike yabereye i Tokiyo yasanzwe aho aba yapfuye.
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Ukwakira, nibwo Tirop yasanzwe yapfiriye mu nzu ye i Iten, mu Ntara ya Elgeyo Marakwet.
Umuyobozi w’imikino ngororamubiri muri Kenya mu Karere ka Nairobi, Barnaba Korir, yabwiye ikinyamakuru The Standard ko yasanganwe ibikomere by’ibyuma yatewe mu nda.
Uwari umukunzi we kuri ubu niwe muntu wa mbere ukekwaho kuba inyuma y’ubu bwicanyi.
Mu butumwa bw’akababaro no guhumuriza umuryango, inshuti, abavandimwe, ndetse n’abakinnyi bagenzi be b’imikino ngororamubiri, Perezida Uhuru Kenyatta yavuze ko Agnes yari intwari kandi urupfu rwe rukaba ari ikintu kibabaje kuri siporo muri iki gihugu, asaba inzego zibishinzwe guhiga abari inyuma y’urupfu rwe bagashyikirizwa ubutabera.
Mu mikino Olempike iherutse kubera i Tokiyo, uyu mukobwa w’imyaka 25 yegukanye umwanya wa kane mu mikino ya nyuma y’abagore mu kwiruka metero 5,000.
Yaje inyuma ya Sifan Hassan watsindiye umudari wa zahabu, mugenzi we wo muri Kenya, Hellen Obiri watsindiye umudari wa Argent, na Gudaf Tsegay wo muri Ethiopia watsindiye umudari wa bronze.
Tirop niwe wari wegukanye umudari wa bronze ku Isi mu gusiganwa metero 5000 mu 2019.


