Abantu bane baburiwe irengero nyuma y’uko abakekwaho kuba abarwanyi ba al-Shabaab bashimuse ambulance yari itwaye umurwayi mu bitaro bya Elwak, mu Ntara ya Mandera mu gihugu cya Kenya .
Igitero cyabaye ubwo umushoferi yirukankanaga umurwayi amujyana kwa muganga ari kumwe n’abaganga babiri kuri uyu wa Kabiri nimugoroba.
Polisi yavuze ko igikorwa gikomeye cyo gukurikirana abagabye igitero cyatangiye nyuma y’icyo ariko ntihagire icyo gitanga kuko abateye bari bamaze kwambuka umupaka berekeza muri Somaliya batwaye abo Banyakenya.
Abagize uruhare mu gushakisha bavuga ko abahohotewe bose ari abaturage kandi hari amahirwe menshi yo kurekurwa nk’uko iyi nkuru dukesha The Star ivuga.
Kuri uyu wa Gatatu ariko, nta kanunu kari kava muri Somalia kavuga kuri abo baturage ba Kenya bashimuswe bakajyanwa muri Somalia nk’uko bitangazwa na polisi.
Abatangabuhamya n’abapolisi bavuze ko bane barimo abaganga babiri bita ku barwayi bajyanwe kwa muganga muri ambulance (Paramedics) bakorera ku bitaro bya Lafey Sub-County, umurwayi, n’umushoferi wa ambulance berekezaga ku bitaro bya Elwak aho bri bohereje umurwayi.
Bane bamenyekanye ko ari umurwayi w’imyaka 40, Moulid Abdi, Hassan Shaaban (umushoferi), Abdirashid Billow Hussein na Aden Dai, bombi bakaba ari abakozi mu bitaro bya Lafey.
Umuyobozi wa polisi mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru George Seda yavuze ko ibyabaye byabaye mu ma saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba.
Yavuze ko abahohotewe bajyanywe muri Somaliya banyuze muri Komar Qota hafi y’akarere ka Wante.
Ati: “Twaganiriye n’ubuyobozi hakurya kugira ngo tubone uko Abanyakenya bane barekurwa”.


