Minisiteri y’ingabo ya Albania yatangaje kuri uyu wa Gatandatu ushize, ko Abarusiya babiri n’Umunya-Ukraine batawe muri yombi bakekwaho kuneka mu ruganda rwa gisirikare ruherereye mu majyepfo y’iki gihugu.
Minisitiri w’Intebe, Edi Rama, yanditse ku rubuga rwa Twitter ati: “Mbega ishema ku barinzi b’ingabo bafashe abantu batatu bakekwaho ubutasi”, yongeraho ati: “Ubu reka dutegereze ibisobanuro byuzuye kuri iki gikorwa.”
Minisiteri yatangaje ko uyu mugabo w’Umurusiya wahawe izina rya M.Z. w’imyaka 24, yafunzwe nyuma yo kwinjira mu ruganda rwa gisirikare ruherereye i Gramsh, mu birometero 80 mu majyepfo y’umurwa mukuru Tirana, agatangira gufata amafoto.
Ikomeza ivuga ko abasirikare babiri mu barinda iki kigo batewe mu maso ibyuka bituma umuntu aba paralyse babitewe n’Umurusiya ubwo yageragezaga kwanga gutabwa muri yombi.
Minisiteri yavuze ko undi mugore w’Umurusiya, wiswe S.T. w’imyaka 33 n’umugabo wo muri Ukraine, wiswe F.A. w’imyaka 25, bafatiwe hanze y’ikigo, maze imodoka yabo irafungwa.
Iri tangazo ryagize riti: “Abantu batatu baherekejwe na polisi ku bufatanye n’izindi nzego irimo gukora iperereza kuri iyi dosiye.”
Uruganda rwa gisirikare rwa Gramsh rwafunguwe mu 1962 kugira ngo rwigane mu buryo bwemewe imbunda za Kalashnikov zo mu bwoko bwa AK-47.
Nyuma y’ihirima ry’ubutegetsi bwa gikomunisiti mu 1990, uruganda rwahagaritse gukora izi mbunda ahubwo rutangira gusenya Kalashnikov zishaje n’izindi ntwaro nto. Rusana kandi izindi ntwaro za gisirikare.
Albania, ni umunyamuryango wa NATO kuva mu 2009, kandi yanenze cyane igitero cy’u Burusiya muri Ukraine.


