Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Mutarama 2024, muri Leta ya Malakal Upper Nile, Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo bwambitse imidari abacungagereza 18 bo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Bambitswe umudari wa “UN Service Medal of Honor” kubera ubwitange bwabo mu gutuma amategeko yubahirizwa, aho muri aba 18 bawambitswe batatu ari Abanyarwanda.


Ibirori byayobowe na Abdul Arshad, umuyobozi w’ishami rishinzwe kugorora, amategeko n’umutekano ishami rya Sudani y’Epfo.

HoFo Malakal, Paul Adejoh Ebikwo, abayobozi b’ingabo zo kubungabunga amahoro z’u Rwanda no mu bindi bihugu na bo bari bitabiriye ibi birori.




