Abantu benshi bikekwa ko ari inyeshyamba z’Abanyarwanda bishwe abandi bafatwa ari bazima nyuma y’igikorwa cya gisirikare cy’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Kivu y’Amajyepfo. Ababashije kurokoka biravugwa ko bahungiye nko mu birometero 100 uvuye I Minembwe.
Kuri uyu wa kane nibwo byatangajwe ko uwitwa Habib Mudasru (uri ku ifoto hasi), bivugwa ko ari umuyobozi mukuru mu nyeshyamba za RNC zikorera muri Kivu y’Amajyepfo, yatawe muri yombi.

Indi foto iragaragaza umurambo w’undi murwanyi wa RNC bivugwa ko yitwa Capt. Sibo.

Bivugwa ko Capt. Sibo yari yungirije Gen. Kayumba Nyamwasa nubwo bitaremezwa n’ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru.

Hari andi mafoto yagaragaye y’abarwanyi benshi bafashwe bambitswe amapingu n’igisirikare cya Congo.

Amakuru aturuka I Minembwe akaba avuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, imirwano yari ikomeje. Abaturage b’I Minembwe bakaba batangarije itangazamakuru ko abarwanyi ba Kayumba bahungiye za Kalehe-Mwenga, mu birometero nk’ijana uvuye aha.


