Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abakobwa babiri; Nikuze Louange na Twizerimana Sarafine bari bafatanyije kwiba umukoresha wabo, Isanga David akayabo k’amafaranga 560,000 y’Amanyarwanda ndetse n’Amadolari y’Abanyamerika 11,400.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma yo gufatanwa aya mafaranga bajyanywe gufungwa, mu gihe nyirayo usanzwe ari umucuruzi yasubijwe amafaranga ye.
Bivugwa ko aba bakobwa kugirango babashe kwiba sebuja, babanje gucurisha urufungo rw’icyumba cye bakabona uko binjiramo baramwiba.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma yo kwibwa, yagejeje ikirego kuri polisi y’u Rwanda kuwa 11 Ukuboza, nyuma y’iminsi 2 aba bakobwa baza gufatwa batararenga Umujyi wa Kigali.
Amafoto:@Rwandapolice
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com





