Imyaka yari ibaye 18, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame atagaragara mu mpuzankano za Gisirikare, kuva aho yabereye Perezida w’u Rwanda mu mwaka wa 2000. Yaherukaga kuyigaragaramo ubwo yari Visi Perezida akaba na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, hagati y’umwaka wa 1994 n’uwa 2000.
Uyu munsi, aho yakurikiranaga imyitozo ya Gisirikare mu kigo cya Gisirikare cya Gabiro, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’ikirenga w’Ingabo yagaragaye yambaye imyenda ya Gisirikare, by’umwihariko iyo mu itsinda ry’Ingabo zimurinda. Igikorwa cyo kuri uyu wa 12 Ukuboza 2018 i Gabiro, cyari icyo gusoza imyitozo yiswe Hard Punch III.

Nubwo hari abatunguwe no kubona Perezida wa Repubulika yambaye impuzankano za gisirikare ataziheruka, nyuma y’imyaka myinshi yambara gisivili, nta gitangaza kibirimo, kuko no ku itariki ya 20 Ukuboza 2012, ubwo FPR/Inkotanyi yizihizaga imyaka 25 imaze ishinzwe, Perezida Kagame yagize : “Turacyari ba bandi, ntabwo twahindutse. Turacyari ba bandi bashobora gusubira mu ndaki, …”.
AMWE MU MAFOTO YAFATIWE I GABIRO









AMAFOTO: Village Urugwiro


