img-20211026-wa0001.jpg

Amajyepfo: Abakoze Jenoside n’abayirokotse bemeza ko inyigisho z’isanamitima zabafashije kongera kubana neza

Sangiza iyi nkuru

Abarangiza ibihano ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi baratangaza ko inyigisho bahabwa z’isanamitima zituma babasha kongera kwibona mu muryango nyarwanda bangije. Abakoze Jenoside bagafungwa bakarangiza ibihano bavuga ko muri izo nyigisho bahabwa bigishwa akamaro ko kwemera icyaha, no gusaba imbabazi bigatuma babohoka ku mitima yabo kuko ngo n’ubwo baba bararangije ibihano, ahanini bataha bagishengurwa n’ibyo bakoze.

Hakizamungu Joseph ni umuturage wo mu karere ka Gisagara akaba yaragize uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, aho yishe umuvandi w’umuturanyi we Ndatimana Jean Bosco. Yemeza ko urugendo rw’isanamitima mu bumwe n’ubwiyunge rwabafashije kongera kubana neza.

Ati: “Mfunguwe ngarutse mu muryango, mbasaba imbabazi, nza kubona uriya mwana witwa Ndatimana niciye murumuna we ntangira kumwegera ariko kubimubwira ntibyari binyoroheye byaratinze, maze kubimubwira yarabyakiriye hanyuma najye nsaba imbabazi.”

Ndatimana warokotse jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko kuba barahawe inyigisho z’isanamitima byarushijeho kumwubaka.

Ati: “Nyuma yo kutuganiriza byatumye dushyirwa mu matsinda duhuriyemo n’uriya mugabo baraduhuza turaganira nongera kugarura agatima, bwa bwigunge bwari muri njye bugenda bushira. Abana bacu baragenderana ntakibazo rwose.”

Umushumba Mukuru wa ADEPR mu Rwanda, Pasiteri Ndayizeye Isaïe, yavuze ko inyigisho zisana mitima batanze zagize impinduka.

Ati “Ibikorwa ni urugendo rwoguhuza imiryango y’abakoze jenoside ndetse n’abayirokotse hakana no gufasha urubyiruko rukomoka mu ayo mateka. Abakoze jenoside habayeho kubaha ibiganiro bibafasha ku reba ububi bw’icyaha yakoze, bibafasha gutera intambwe basaba imbabazi. Umusaruro wavuyemo ni uko bateye intambwe ituma basaba imbabazi. Byaruhuye n’abarokotse jenoside, uyu munsi ni uwo kwishimira imbabazi no kuzitanga.”

Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Gisagara, Habineza Jean Paul, yasabye abagifite imitima yinangira batarasaba imbabazi kwegera abo bahemukiye bakazibasaba.

Urugendo rw’isanamitima rukorwa na ADEPR mu Ntara y’Amajyepfo, aho mu Karere ka Nyanza rumaze kugera ku bakoze Jenoside n’abayirokotse 355 naho muri Gisagara ni 90.
img-20211026-wa0001.jpg
img-20211026-wa0002.jpg
img-20211026-wa0000.jpg
img-20211026-wa0004.jpg
img-20211026-wa0003.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *