Kuva Nkurunziza yemera ko aziyamamariza manda ya 3 imvururu n’icuraburindi byaranze u Burundi mu bihe bitandukanye, byakoze mu nkokora abatari bake abandi bahinduka impunzi hirya no hino ku Isi.
Mata 2015: Imvururu zaratangiye perezida Nkurunziza akimara kwemezako aziyamamariza manda ya 3.
Gicurasi 2015: Nkurunziza yashyigikiwe n’abambari be imyigaragambyo irakomeza abarundi batari bake batangira guhunga.
Gicurasi 2015: Bamwe mu ngabo z’igihugu bari bayobowe na jenerali Niyombare Godefroid bagerageje guhirika ubutegetsi ariko biba imfabusa.
Nyakanga 2015: amatora yarabaye Nkurunziza yegukana intsinzi n’ubwo uwo bari bahanganye Agathon Rwasa hamwe n’abandi bamurwanyaga bavuze ko ayo matora yari umukino doreko nta ndorerezi n’imwe yigeze igaragara.

Kanama 2015: Uwari umeze nk’inkingi ya mwamba mu ishyaka CNDD-FDD, Gen. Adolphe Nshimiyimana, akaba yari ashyinzwe umutekano bwite wa Nkurunziza yaje kwicwa mu buryo butunguranya.
Kanama 2015: Nyuma y’icyumweru kimwe gusa Adolphe apfuye, uwafatwaga nk’itwari ku ngoma ya Petero Buyoya, Major Jean Bikomagu nawe yivuganywe n’abantu kugeza ubu bataramenyekana.
Nzeri 2015: umugaba mukuru w’ingabo Gen. Prime Niyongabo nawe yagabweho igitero abarinzi be bose barapfa hamwe n’umuminisitiri umwe, ariko we Imana ikinga akaboko.
Ukuboza 2015: abantu 87 barapfuye nyuma yo kugaba igitero mu kigo cya gisirikare mu mujyi wa Bujumbura.
Mutarama 2016:Ibirego by’uko hari imva rusange zagiye zishyingurwamo abantu mu ibanga kandi abasirikare bakuru bu b’Uburundi bagatungwa agatoki gusambanya ku ngufu abo batavuga rumwe.
Werurwe 2016: Lit. Col. Darius Ikurakure yiciwe muri Etat Major, uwo munsi n’ubundi Umusirikare ufite iranka rya Major uzwi nka Muhimpundu Didier nawe yarishwe.
Mata 2016: Umuryango mpuzamahanga ushinzwe kwita ku mpunzi wemeje ko impunzi 250.000 bahunze igihugu cyabo cy’u Burundi bagahungira mu bihugu bituranyi.
Mata 2016: Brig Gen. Athanase Kararuza yishwe nyuma y’umunsi umwe gusa Col. Buzubona Emmanuel yishwe.
Mata 2016: urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rukorera mu Buholandi rwatangiye gukora isesengura n’ubushakashatsi ku bwicanyi bukorerwa mu Burundi, ihohoterwa, gufatwa ku ngufu n’irigiswa cyangwa inyerezwa ry’Abantu muri icyo gihugu. Hakaba hari n’abandi benshi bagiye bicwa mu basirikare bafite amapeti yo hafi ariko ntibavugwe.
Muri ibi bihe bivugwa ko bikomeye u Burundi burigucamo, perezida Nkurunziza yishyize mu gahegeni kuko ngo ntabwo ajya asohoka ngo ajye ahagaraga ndetse ntarenge imbibi z’igihugu, bakaba bakomeje kwibaza iherezo rye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com


