Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi, yamaze kugera i Kampala yitegura umukino wa kabiri wayo na Uganda mu ijonjora ryo gushaka itike y’irushanwa ry’igikombe cy’Isi rizabera muri Qatar mu 2022.
Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 7 Ukwakira 2021, iyi kipe y’u Rwanda itsindiwe igitego kimwe ku busa (0-1) kuri sitade mpuzamahanga ya Kigali, i Nyamirambo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, rimaze gutangaza ko iyi kipe yavuye i Kigali muri iki gitondo, yageze i Kampala amahoro. Ryagize riti: “Amavubi Stars yageze i Kampala amahoro, yitegura umukino wa kane w’ijonjora rya CAF ryo gushaka itike y’irushanwa ry’igikombe cy’Isi kizabera Qatar mu 2022.”
Uyu mukino uzabera kuri sitade yitiriwe Mandela i Kampala, tariki ya 10 Ukwakira 2021.



