Ambasaderi mushya wa Turkiya mu Rwanda yasezeranyije ku wa Kane ushize ko ateganya kurushaho gushimangira umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi .
Muri iki cyumweru, Aslan Alper Yüksel watangiye imirimo ye, yasimbuye Burcu Çevik, warangije manda ye mu kwezi gushize nyuma yo gutangira imirimo ye muri 2019.
Mu ijambo rye, Yüksel yavuze ko umubano hagati y’ibihugu byombi ushingiye ku kwizerana, ubucuti n’ubufatanye, byagiye byiyongera cyane mu myaka yashize nk’uko Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya dukesha iyi nkuru ivuga.
Ati: “Ntegereje kuzashyira ingufu mu gushyigikira no kurushaho gushimangira ubufatanye bukomeye hagati ya Türkiye n’u Rwanda mu nzego zose”.
U Rwanda na Turkiya bikomeje ubufatanye ku rwego rw’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, ubucuruzi, igisirikare ndetse n’umutekano.
Mu kwezi gushize, ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano mashya mu rwego rw’ubufatanye rusange n’umuco ndetse na siyansi, ikoranabuhanga no guhanga udushya.
Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turkiya, Mevlut Cavusoglu, na mugenzi we w’u Rwanda, Vincent Biruta, mu murwa mukuru, Kigali.
Yüksel yavuze ko amasezerano aheruka “yongeye gushimangira urwego rwiza rw’imibanire yacu.”
Yongeyeho ko kuba abaturage ba Turukiya mu Rwanda ari ikindi kintu cy’ingenzi cy’inshingano kandi u Rwanda na Türkiye bikomeza ubufatanye ku rwego rw’ibihugu byombi bikubiyemo ibice byinshi birimo ubukungu, ubucuruzi, ingabo ndetse n’umutekano.
Yasezeranyije guhura n’abantu bose yavuze ko “bubatse ikiraro cya muntu” hagati y’ibihugu byombi kugira ngo yumve ibitekerezo byabo.
Ku bijyanye n’ubucuruzi bw’ibihugu byombi, ibyo u Rwanda rwohereza muri Turkiya byageze ku gaciro ka miliyoni zirenga 10 z’amadolari ya Amerika, nk’uko imibare ibitangaza.
Ni mu gihe ibicuruzwa u Rwanda rutumiza biva muri Turkiya byari bifite agaciro kagera hafi kuri miliyoni 79 z’amadolari mu 2021.


