Ambasaderi w’u Rwanda i Kinshasa aritaba Guverinoma ya Congo kuri uyu wa Kabiri

Sangiza iyi nkuru

Nk’uko byatangajwe, kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 31 Gicurasi ni bwo Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iza kugaragaza ku mugaragaro ko itemeranya n’u Rwanda nyuma y’ibimenyetso byagaragajwe na FARDC ku ruhare ngo Kigali yagize mu kongera kubyutsa umutwe M23, aho biteganyijwe ko saa cyenda Ambasaderi w’u Rwanda yitaba agatanga ibisobanuro.

Ku wa mbere, mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, yavuze ko Minisitiri w’intebe azagena umuntu uzakira uyu mudipolomate w’u Rwanda ufite icyicaro i Kinshasa, kubera ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, ari mu butumwa nk’uko tubikesha urubuga rwa Actualite.cd.

“Minisitiri w’intebe azagena umuntu uzakira ambasaderi aho kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, kubera impamvu zigaragara, ukiri mu butumwa. Akanama gashinzwe umutekano karimo gutegura inama idasanzwe kandi ikibazo cy’Ibiganiro bya Nairobi kizaba mu biganirwaho ku rwego rw’akanama gashinzwe umutekano, “uyu ni Patrick Muyaya.

Nyuma y’inama y’Inama Nkuru y’Ingabo iyobowe n’umukuru w’igihugu Félix Tshisekedi ku wa gatanu, itariki ya 27 Gicurasi, guverinoma yatangaje ingamba nyinshi zo kurwanya inyeshyamba za M23 na guverinoma y’u Rwanda. Muri izo ngamba: M23 ifatwa nk’umutwe w’iterabwoba, ugomba gufatwa gutyo kubw’ibyo ukaba unahejwe mu biganiro bya Nairobi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *