Ambasaderi wa Koreya ya Ruguru mu Butaliyani yafashe iy’ubuhungiro

Sangiza iyi nkuru

Ikinyamakuru cyo muri Koreya y’Epfo, JoongAng IIbo, gikunze gutangaza inkuru zijyanye na dipolomasi kiremeza ko uumudipolomate wo muri Koreya ya Ruguru wari ambasaderi w’igihugu cye mu Butaliyani, yamaze guta imirimo ye agasaba ubuhungiro muri iki gihugu cyo mu Burayi we n’umuryango we.

Jo Song-gil, w’imyaka 48, yari ambasaderi wa Koreya ya Ruguru I Roma kuva mu Ukwakira 2017, ubwo u Butaliyani bwirukanaga ambasaderi wari uriho nyuma y’uko igihugu cye kigeragereje ku nshuro ya gatandatu ibisasu bya kirimbuzi. Aya makuru aramutse yemejwe uku kwaba ari uguhunga igihugu kw’umuntu wo hejuru gushobora kubangamira ubutegetsi bwa Pyongyang.

Iyi nkuru dukesha RFI iravuga ko Jo Song yasabye ubuhungiro mu Butaliyani mu ntangiriro z’Ukuboza umwaka ushize nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru JoongAng. Bikavugwa ko nyuma yo gushidikanya gato, u Butaliyani bwemeye kumuha ubuhungiro.

Mu gihe bivugwa ko hataramenyekana impamvu uyu ambasaderi wa Koreya ya Ruguru yafashe icyemezo cyo guhunga, biravugwa ko yari yahawe itegeko ryo gusubira mu gihugu cye, ariko agahitamo gufata iy’ubuhungiro n’umugore we n’abana be.

Bikavugwa ko uyu mugabo ashobora kuba yari umwe mu bavuga rikijyana muri Koreya ya Ruguru kuko ubusanzwe ngo ari gacye gashoboka abadipolomate b’iki gihugu bemererwa guherekezwa n’imiryango yabo mu rwego rwo kubabuza guhunga.

Umuntu wok u rwego rwo hejuru muri Koreya ya Ruguru waherukaga guhunga ni Thae Yong-ho, wari ambasaderi wungirije I London mu Bwongereza wahungiye muri Koreya y’Epfo mu 2016. Uyu akaba ababayeho mu bwihisho arinzwe bikomeye n’inzego z’ubutasi hikangwa ko ubutegetsi bwa Koreya ya Ruguru bushobora kumwihimuraho.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *