Amerika yahamagaje Ambasaderi wa Sudani kubera irekurwa ry’uwishe umudipolomate w’Umunyamerika

Sangiza iyi nkuru

Amerika yahamagaje Ambasaderi wa Sudani mu rwego rwo kwamagana irekurwa rya Abdel-Ra’uf Abuzaid umurwanyi wa kisilamu wishe abakozi ba USAID muri Mutarama 2008 .

Urukiko rw’Ikirenga i Khartoum rwategetse irekurwa ry’Abanyasudani bishe umudipolomate w’Umunyamerika, John Granville, n’umukozi w’Umunyasudani, Abdel Rahman Abbas.

Irekurwa rye ku ya 30 Mutarama ryabaye nyuma y’ibaruwa yandikiye umuyobozi w’inama y’ikirenga n’umucamanza mukuru atangaza ko azakora imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara yamagana ihohoterwa ryo mu mutwe, kwirengagizwa ndetse no guteshwa agaciro muri gereza.

Price Ned, Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga kuri uyu wa Kane ushize, yongeye kwamagana byimazeyo irekurwa rya Abuzaid kandi yongera kwamagana ibivugwa ko umuryango wa Granville watanze imbabazi.

Ned yagize ati: “Turahamagarira guverinoma ya Sudani gukoresha inzira zose zemewe n’amategeko kugira ngo iki cyemezo gihindurwe kandi twongere gufata Abuzaid.”

Ati: “Uyu munsi, turahamagara Ambasaderi wa Sudani muri Amerika. Byongeye kandi, ambasaderi wacu muri Sudani, John Godfrey, arimo kuvugana n’abayobozi ba Sudani mu nzego zo hejuru kuri iki kibazo, kandi umunyamabanga wungirije, Peter Lord, azerekeza mu cyumweru gitaha i Khartoum, ari naho azajyana iki kibazo gikomeye kugira ngo asabe ko hagira igikorwa. ”

Umuryango wa Abuzaid wabwiye Sudani Tribune ko abacamanza bafashe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yo kugisha inama minisiteri y’ububanyi n’amahanga yemeje iyi ntambwe bavuga ko Sudani yishyuye umuryango wa Granville indishyi mu rwego rw’amasezerano ya 2020 yatumye Sudani ikurwa ku rutonde rw’iterabwoba muri Amerika.

Ni mu gihe Umudipolomate wo muri Amerika yagize ati: “2020 Amerika na Sudani byakemuye ibibazo by’amategeko ntibyakemuye igifungo cya Abuzaid cyangwa igihano cye.”

Yashimangiye ati: “Turashaka ko uwakoze iki gitero cy’iterabwoba agomba kuguma muri gereza”.

I Khartoum, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ntacyo yigeze itangaza ku magambo yavuzwe n’abadipolomate ba Amerika bamagana irekurwa rya Abuzaid.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *