Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa Afghanistan yasabye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gusobanura uburyo Trump yavuze ngo yasiba Afghanistan kuri iyi si.
” Afghanistan ntabwo yigeze kandi ntizemerera igihugu na kimwe cy’amahanga kuyigenera ahazaza habi. Ku bw’umubano ibihugu byombi bifitanye, turasaba ubusobanuro bwimbitse ku mvugo ya Trump.” Aya ni amagambo Sediq Sediqqi yatangaje.
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 22 Nyakanga, Trump yavuze ko yasiba Afghanistan mu cyumweru kimwe gusa ariko ngo byasaba byinshi birimo n’ubuzima bw’abantu.
“Dushatse kurwana na Afghanistan , twayitsinda mu cyumweru kimwe. Ntabwo nshaka kwica miliyoni 10 z’abantu. Nshaka kurwana nkanatsinda iyi ntambara, Afghanistan ntiyaba ikibarizwa ku isi. Yazimira pe! Yarangira ariko ntabwo nshaka kubikora. ” Trump.
Aya magambo yayatangaje ari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Imran Khan mu ngoro Yera (White House) i Washington DC.
Hashize imyaka 18 Amerika yohereje ingabo zayo muri iki gihugu kugira ngo zihoshe iyi intambara ishyamiranyije aba Taliban n’aba Afghan ariko igisirikare cy’Amerika na cyo kigashinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bukorerwa muri iki gihugu.
Umunyamabanga mukuru wa leta w’Amerika, Mike Pompeo yatangaje ko igihugu cye kizavana ingabo muri Afghanistan tariki ya 1 Nzeri, 2019 ariko ngo ntibiremezwa neza.
Abanyamategeko n’urukiko mpuzamahanga, ICC bashatse gukora iperereza kuri aba basirikare b’Amerika bashinjwa kwica abantu muri Afghanistan ariko Donald Trump yarabihanangirije, ababwira ko uzagerageza kubikora azahabwa ibihano.


