Amerika yashyize miliyoni 5$ ku mutwe wa numero ya 2 muri Al Shabab

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yashyizeho igihembo cy’amadorari agera kuri miliyoni 5 ku muntu uzatanga amakuru kuri Abukar Ali Adan, umuyobozi wungirije w’umutwe w’iterabwoba wo muri Somalia, al-Shabaab.

“Kugera kuri Miliyoni 5 z’amadolari ku makuru kuri Abukar Ali Adan. Mudufashe kubona uyu muyobozi w’ingenzi w’iterabwoba. Mudufashe guhagarika uyu muyobozi w’iterabwoba,” Gahunda yo guhemba y’ubutabera nibyo yatangaje.

“Muri Mutarama 2018, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yemeje Abukar Ali Adan nk’ikihebe mpuzamahanga cyihariye ku Isi (SDGT) hashingiwe ku Iteka nyobozi (E.O.) 13224 rifatira ibihano bikaze abanyamahanga biyemeje kuba barakoze, cyangwa bateje akaga gakomeye ko gukora, ibikorwa by’iterabwoba bibangamira umutekano w’Abanyamerika cyangwa umutekano w’igihugu, politiki y’ububanyi n’amahanga, cyangwa ubukungu bwa Amerika, ”

Kuva washingwa mu 2006 nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga, uyu mutwe w’iterabwoba wigambye ibitero byinshi muri Afurika, cyane cyane muri Somalia, Uganda na Kenya.

Wigambye igitero cy’abiyahuzi cyo kuwa 11 Nyakanga 2010 i Kampala, muri Uganda, cyahitanye abantu barenga 70, barimo Umunyamerika umwe.

Igitero cyagabwe ku isoko rya kijyambere rya Westgate i Nairobi mu 2013 cyahitanye abantu barenga 60 abandi hafi 200 barakomereka.

Amerika mu 2008 yashyize uwo mutwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba yo mu mahanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *