Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakuye Turkiya muri gahunda yo gukora indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35 nyuma y’aho iki gihugu kibarizwa hagati y’u Burayi na Aziya kiguriye uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero bwo mu kirere bw’u Burusiya buzwi nka S-400. Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, itariki 17 Nyakanga na Maison Blanche.
Igihugu cya Turkiya cyahagaritswe muri gahunda yo gukora indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35, ndetse igikorwa cyo kuyigizayo muri iyi gahunda gitangira kuri uyu wa 17 Nyakanga.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko Turkiya idashobora gutunga F-35 icya rimwe na S-400 kuko ngo ubu bwirinzi bw’Abarusiya bufite ubushobozi bwo kwiba amakuru y’imikorere ya F-35.
Turkiya yanenze iki cyemezo
Nubwo iki cyemezo cyari gitegerejwe, ngo ni akanyafu kuri Turkiya yateganyaga kugura indege zigera mu 100 z’ubu bwoko bwa F-35, yanatangaga umusanzu wo kuzikorera ku butaka bwayo.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Turkiya yavuze ko iki cyemezo ari akarengane, kidakwiye kandi kitubahiriza imikoranire nk’ibihugu by’inshuti nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.
Turkiya ikaba yasaby Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukosora iryo yise ikosa ngo rishobora gusiza inzira y’ibibazo mu mibanire hagati y’ibihugu byombi.
Iki cyemezo kandi ngo kiratuma abapilote bane ba Turkiya, bari bari guhabwa amahugurwa muri Amerika kuri F-35, birukanwa, ndetse binahagarike iyoherezwa ry’izi ndege enye Turkiya yari yamaze kwishyura.
Igihugu cya Turkiya kandi cyari cyaramaze gushora miliyari y’Amadolari muri iyi gahunda yo gukora F-35. kuba muri iyi gahunda ngo bikaba byari kuzazanira Turkiya aya mafaranga inshuro icyenda, ikintu gifatwa nk’igihombo gikomeye kuri Turkiya.


