f6ueiezxcaa2ouh.jpg

Amoko arenga 130 y’amavuta n’amasabune bitukuza uruhu yahagaritswe ku isoko

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 18 Nzeri, ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti (Rwanda FDA) cyasohoye urutonde rw’ibicuruzwa bibujijwe birimo amoko arenga 130 y’amavuta yo kwisiga, amasabune na cream birimo ibintu bibujijwe.

Urutonde rurimo amavuta arimo ibinyabutabire bitukuza uruhu hamwe n’imiti nka hydroquinone, aside kojic, steroid na mercure.

Rwanda FDA yatangaje ko gutumiza no gukwirakwiza ibicuruzwa byashyizwe ku rutonde bibujijwe.

Iki kigo cyongeyeho ko ibicuruzwa by’amavuta yose yo kwisiga atavuzwe muri urwo rutonde ariko akozwe mu bintu bibujijwe cyangwa birimo ibinyabutabire nk’ibyavuzwe na byo byabujijwe ku isoko ry’u Rwanda.

Mu Rwanda, ubukangurambaga bwo kurwanya kugurisha no gukoresha amavuta yo kwisiga atukuza uruhu bumaze imyaka. Gutumiza no kugurisha ibicuruzwa byangiza uruhu nabyo ntibyemewe.

Dore urutonde hano hasi

f6ueiezxcaa2ouh.jpg
f6ueiezxkaaaizt.jpg
f6ueieswuaaxsby.jpg
f6ueiesw0aapynk.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *