Amwe mu masoko yo muri Kigali abaye afunzwe kubera Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bumaze gutangaza ko guhera kuri uyu wa 17 kugeza tariki ya 24 Kanama 2020, amwe mu masoko arafunga bitewe n’ubwiyongere bw’abanduye icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Nyarugenge.

Ayo masoko arimo iryo kwa Mutangana riherereye muri Nyabugogo n’isoko rya Nyarugenge rizwi nka Kigali City Market n’amaduka ari mu nkengero zayo.

Iri tangazo rivuga ko Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge ku bufatanye n’abayobozi b’isoko ryo kwa Mutangana baramenyesha abaricururizamo ahandi bacururiza ibiribwa.

Abacuruza ibicuruzwa bishobora kwangirika nabo barahabwa igihe cyo kubikuramo, hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Inzego z’ubuzima nazo zirakomeza gupima abakorera muri aya masoko icyorezo cya Covid-19, no gutera imiti aho bakoreraga.

Aya masoko afunzwe nyuma y’aho kuri uyu wa 16 Kanama, Minisiteri y’Ubuzima itangarije ko habonetse abarwayi 101 ba Covid-19, 80 bo mu Mujyi wa Kigali barimo abapimwe ahibasiwe kurusha ahandi harimo mu isoko ryo kwa Mutangana, muri Nyabugogo.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Amwe mu masoko yo muri Kigali abaye afunzwe kubera Covid-19
    Ariko iyi ndwara ko twayikabirije cyane ra! Bakwize uburyo tubana nayo ko gushira ho itazashira ko itanakaze cyane indwara harwara 2500 hagapfa 8 ubwo murumva bikaze maralia kuva mu kwa 3 imaze kwica abangana iki SIDA se vraiment bareke kutwicisha inzara bige buryo ki tubana nayo naho kurangira ho ntibishoboka keretse urukingo rubonetse kdi si vuba aha

  2. Amwe mu masoko yo muri Kigali abaye afunzwe kubera Covid-19
    Ariko iyi ndwara ko twayikabirije cyane ra! Bakwize uburyo tubana nayo ko gushira ho itazashira ko itanakaze cyane indwara harwara 2500 hagapfa 8 ubwo murumva bikaze maralia kuva mu kwa 3 imaze kwica abangana iki SIDA se vraiment bareke kutwicisha inzara bige buryo ki tubana nayo naho kurangira ho ntibishoboka keretse urukingo rubonetse kdi si vuba aha

  3. Amwe mu masoko yo muri Kigali abaye afunzwe kubera Covid-19
    Mwiriwe mbanje kubasuhuza ESE mubyukuri mubona iyi ndwara izajyeraho igashira ndiheraho nkanjye ntakazi mpfite kdi ntabushobozi mpfite ndibaza uko iminsi ujyenda yisunika Niko indwara irushaho gusesekara bityo rero numvaga abo mufunjyira mujye mubakurikirana murebe ko harabakora kumunwa nukuri

  4. Amwe mu masoko yo muri Kigali abaye afunzwe kubera Covid-19
    Mwiriwe mbanje kubasuhuza ESE mubyukuri mubona iyi ndwara izajyeraho igashira ndiheraho nkanjye ntakazi mpfite kdi ntabushobozi mpfite ndibaza uko iminsi ujyenda yisunika Niko indwara irushaho gusesekara bityo rero numvaga abo mufunjyira mujye mubakurikirana murebe ko harabakora kumunwa nukuri

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *