APR FC yabonye umusimbura w’umutoza wungirije

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwabonye umusimbura w’umutoza wungirije Pablo Marchón wasubiye iwabo kubera impamvu z’umuryango, ari we Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia.

Iyi kipe isobanura ko uyu mutoza w’imyaka 32 y’amavuko azaba akora inshingano yo kungiriza umutoza mukuru, Mohammed Adil no kongerera ingufu abakinnyi.

Jamel afite impamyabumenyi zitandukanye mu kongerera imbaraga abakinnyi zirimo iy’ikirenga yakuye muri Université Central de Tunis mu 2015, impamyabushobozi ya FIFA n’iy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Tunisia.

Bigaragara kandi ko Jamel yatoje amakipe atandukanye muri Tunisia kuva mu 2013 kugeza mu 2019 na Al Nahda yo muri Arabie Saoudite kuva mu 2019 kugeza mu 2021.

Yasinye na APR FC amasezerano y’umwaka umwe, akaba ategerejwe mu Rwanda mu mpera z’uku kwezi kugira ngo atangire akazi.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *