APR FC yanyagiye Gasogi United mu bitabara

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yanyagiye Gasogi United ibitego 4-0, mu mukino wa gicuti wabereye i Shyorongi kuri uyu wa Gatandatu.

Ni umukino amakipe yombi yahuriyemo mu gihe icyizere cyo gutwara igikombe cya Shampiyona gikomeje kuba gike ku ruhande rw’abakunzi b’ikipe y’Ingabo z’Igihugu, nyuma yo gutangira shampiyona nabi.

Ishyano ryacitse umurizo ubwo APR FC yaterwaga mpaga na Gorilla FC kubera gukinisha umubare w’abanyamahanga urenze uw’abemerewe gukina imikino ya shampiyona y’u Rwanda, igikuba cyongera gucika ubwo iyi kipe yagwaga miswi na Rutsiro FC 0-0 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa mbere wa shampiyona.

Nyamukandagira itarinjizwa igitego imaze gutakaza amanota arindwi mu mikino itanu ya shampiyona imaze gukina, ibiyishyira ku mwanya wa 10 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.

Icyakora biciye mu bitego bya Chidiebere, Mahammadu Lamine Bah, Victor Mbaoma na Niyibizi Ramadhan; birasa n’aho Morali ishobora kongera kuzamuka mu kipe y’Ingabo z’Igihugu ikaba yakongera kubona intsinzi.

Biteganyijwe ko ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ugushyingo APR FC igomba kwakira Rwamagana City bazahurira mu mukino w’umunsi wa 10 wa shampiyona, mbere yo kwesurana na AS Kigali bazahurira mu w’umunsi wa 11 uteganyijwe ku itariki ya 1 Ukuboza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *