Ikipe ya AS Kigali yafashe by’agateganyo umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo kunyagira ikipe ya Marines FC ibitego 3-0.
Iyi kipe y’Abanyamujyi yari yakiriye iy’Ingabo zirwanira mu mazi, mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona.
Ibitego bya AS Kigali byatsinzwe na Felix Kone ku munota wa 27, Tuyisenge Jacques ku wa 85, ndetse na Shaban Hussein ku wa 90+4.
Byahise bituma As Kigali ifata umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 33, irusha abiri Kiyovu Sports ya kabiri.
Ni mu gihe Marines FC yahise ifata umwanya wa nyuma n’amanota arindwi.
Intsinzi ya AS Kigali yashimangiye amahambo umutoza wayo Cassa Mbungo André aherutse gutangaza mu myitozo ibanziriza uyu mukino.
Icyo gihe yagize ati: “Imikino yose irangana kuva yose ari amanota atatu kuri atatu, rero tugomba gutegura imikino yose kimwe tutitaye ku myanya amakipe ariho.”
Yakomeje atanga ingero z’uko mu mwaka w’imikino ushize (2021-2022), Kiyovu Sports yatsinze amakipe makuru hafi ya yose ariko bikarangira ibuze igikombe.
Cassa kandi yabihuje na Etoile na yo yatsinze amakipe hafi ya yose akomeye bikarangira imanutse mu cyiciro cya kabiri, mu gihe APR yo uretse gutsinda Rayon sports nta yindi kipe ikomeye yatsinze ariko bikarangira igitwaye.


