RMC yabaye yisubiriye ku cyemezo cyayo cyo kwandika chaînes za YouTube

Urwego rw’Abanyamakuru Nyarwanda Bigenzura (RMC), rwatangaje ko rwabaye ruhagaritse icyemezo rwari rwafashe mu minsi mike ishize cy’uko abafite imiyoboro ya YouTube (chaînes) bifashisha mu gutangaza amakuru bagomba kwihutira kuyandikisha. Mu byumweru bigera kuri bibiri bishize ni bwo RMC yari yasabye abakoresha YouTube kwandikisha chaînes zabo, gusa icyo cyifuzo nticyakirwa neza na benshi mu bafite iriya […]

Bwa mbere mu munsi umwe COVID-19 yishe abantu bane mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko abantu bane bishwe na COVID-19 mu Rwanda, na ho 107 biganjemo abo mu mujyi wa Kigali bandura kiriya cyorezo. Abishwe na COVID-19 barimo abagabo babiri; uw’imyaka 78 na 68 n’umugore w’imyaka 84 b’i Kigali, ndetse n’umugabo w’imyaka 48 wo mu karere ka Gicumbi. Abahitanwe na COVID-19 mu […]

U Rwanda ntirukozwa ibyo koherereza u Burundi ‘abagerageje Coup d’Etat’ yo mu 2015

Guverinoma y’u Rwanda ntikozwa icyifuzo cya Guverinoma y’u Burundi cyo kuyoherereza abo ivuga ko bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza muri 2015, nk’inzira ishoboka yo kuzahura umubano w’ibihugu byombi. Guverinoma y’u Burundi yamaze gushyikiriza u Rwanda amazina y’abantu yifuza ko ruyoherereza kugira ngo ibihugu byombi byongere kugenderana, gusa u Rwanda ruvuga ko abo bantu ari […]

Uganda: Kera kabaye wa musirikare warashe abantu yafashwe

Umusirikare ubarizwa muri Batayo ya 27 y’Ingabo za Uganda (UPDF) yatawe muri yombi nyuma y’igihe ashakishwa akurikiranweho kurasa abantu batandatu batatu bagahita bitaba Imana. Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere ni bwo uriya musirikare witwa Godson Amutahaire yarashe bariya bantu, ahita atoroka. Byabereye mu karere ka Rubirizi. Batatu bitabye Imana ni Scovia […]

Kuva ku Bunani telefoni nyinshi zizatakaza ubushobozi bwo gukoresha WhatsApp

Kuva ku itariki ya 01 Mutarama mu mwaka wa 2021 dukomeje gusatira, urubuga rwa WhatsApp ruzakora amavugurura azasiga Terefoni nyinshi zitakaje ubushobozi bwo gukoresha WhatsApp. Amavugurura WhatsApp iri gukora azasiga Terefoni zirimo izo mu bwoko bwa Android na iPhone zitakaje burundu ubushobozi bwo kwakira Application ya WhatsApp, mu gihe izindi bizasaba ko ba nyirazo bavugurura […]

Umusirikare wa Uganda arahigwa bukware nyuma yo kurasa abantu batandatu

Umusirikare wa Uganda ubarizwa muri Batayo ya 27 ikorera mu karere ka Rubirizi, ari guhigwa bukware nyuma yo kurasa abantu batatu bagahita bapfa abandi batatu akabasiga ari intere. Ni amakuru yemejwe n’Umuyobozi wa Polisi muri Rubirizi, Abel Muwonge. Yagize ati: “Twakiriye inkuru mbi muri iki gitondo ubwo umwe mu basirikare bacu ba UPDF witwa Mutahaire […]

Gisagara: Gitifu wakubise umwana w’imyaka 15 bikamuviramo urupfu yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwamaze guta muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukindo w’akarere ka Gisagara, Tumusifu Jérôme ukurikiranweho gukubita umuntu bikamuviramo urupfu. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Ukuboza BWIZA yari yabagejejeho inkuru y’uko umwana w’imyaka 15 y’amavuko witwa Etienne Musabyamahoro wo mu Mudugudu wa Nyagafumberi, Akagari ka […]

Umuntu wa 75 yishwe na COVID-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Mbere yatangaje ko umugabo wo mu mujyi wa Kigali yahitanwe n’icyorezo cya COVID-19, bituma abamaze guhitanwa n’iki cyorezo mu Rwanda bagera kuri 75. Uwitabye Imana uyu munsi yari afite imyaka 77 y’amavuko. Uretse uwitabye Imana, hanabonetse abantu 51 banduye kiriya cyorezo, bituma abamaze kucyandura bagera kuri 8,021 barimo abakize 6,339 […]

Igisirikare cy’u Rwanda cyabonye umuvugizi mushya

img_20201228_185844.jpg

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Mbere, bwagize Lt Col Ronald Rwivanga Umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye kuri uwo mwanya Lt Col Innocent Munyengango wari uwumazeho imyaka itatu. Lt Col Munyengango yari yarahawe ziriya nshingano asimbuye Maj Gen Safari Ferdinand. Umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda, yari asanzwe ari Umuhuzabikorwa Ushinzwe amasomo mu […]

Patrick Amuriat uri mu biyamamariza kuyobora Uganda yakorewe ibya mfura mbi (Amafoto)

amuriat5-650x433.jpg

Umukandida uhagarariye Ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Patrick Oboi Amuriat, yajyanwe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kuminjwaho ibyuka biryana mu maso na Polisi. Byabereye ahitwa Muwayo, ku muhanda Bugiri-Tororo. Umuyobozi w’ishyaka FDC, Wasswa Birigwa, yavuze ko Amuriat yahuye na ririya sanganya ubwo yamanuraga ikirahure cy’imodoka ye kugira ngo […]

Igisirikare cya Uganda ntikivuga rumwe na Bobi Wine ku rupfu rw’uwari umurinzi we

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyahakanye ibyatangajwe na Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uri mu biyamamariza kuyobora Uganda wagishinje kwica uwari umurinzi we, kivuga ko uriya musore yahanutse ku modoka yihutaga. Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 27 Ukuboza, Bobi Wine ni bwo yatangaje ko Francis Senteza wari umwe mu barinzi be yishwe […]

Rusheshangoga Michel yasezeye umupira w’amaguru ku myaka 26

Myugariro w’iburyo, Rusheshangoga Michel wakiniraga ikipe ya AS Kigali, yasezeye gukina umupira w’amaguru yerekeza muri Leta zunze Ubumwe za Amerika aho yagiye gutangira ubuzima bushya bwo kubaka umuryango. Rusheshangoga yahamije ko yasezeye ku mupira asezera kuri bagenzi be bakinanaga muri AS Kigali. Ati: “Benshi babyumvaga ariko ukuri ni uko ngiye kuva aha. Muri aka kanya, […]

Messi yavuze igihe azafatira umwanzuro ku hazaza he, n’amakipe abiri adashobora gukinira

Kapiteni wa FC Barcelona, Lionel Messi, yahishuye ko azafata umwanzuro ku hazaza he muri FC Barcelona mu mpeshyi y’umwaka utaha, mu gihe hari amakuru menshi akomeje kumusohora muri iriya kipe y’i Catalunya. Ni nyuma y’uko mu mpeshyi ishize uyu munya-Argentine yari yasabye gutandukana n’iriya kipe, gusa akaza kuyigumamo mu buryo butunguranye nyuma y’uko Josep Maria […]

Perezida Touadéra yashimiye Kagame wamwoherereje abasirikare bo kumucungira umutekano

img_20201228_073423.jpg

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, yashimiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku bw’ingabo yamwoherereje kugira ngo zicunge umutekano mu matorara y’umukuru w’igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye ejo ku Cyumweru. Ni amatora yabaye hari ubwoba bw’uko hashoboraga kuvuka imvururu ziturutse ku bikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye François Bozizé wahoze ayobora kiriya gihugu, imaze […]

Uganda: Umwe mu barinzi ba Bobi Wine yishwe na Military Police

Umurinzi wa Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yishwe kuri iki cyumweru na ho abanyamakuru babiri barakomereka, nyuma y’ubushyamirane bwahuje abashyigikiye uriya mugabo wiyamamariza kuyobora Uganda n’abashinzwe umutekano. Bobi Wine kuri Twitter yavuze ko uwo murinzi we witwa Francis Senteza yapfuye azize ibikomere yakomoye ku ikamyo ya Military Police yamugonze, yungamo ko yishwe agerageza gutwara […]

Yari intwari, akaba n’uwo nitaga data wacu_Gen Muhoozi avuga Gen Rwigema

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umuyobozi w’umutwe w’Ingabo Zidasanzwe zishinzwe kumurinda (SFC), Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yongeye kuvuga imyato nyakwigendera Maj Gen Fred Gisa Rwigema agaragaza ko yamwitaga se wabo. Ni mu butumwa uyu mugabo yanyujije kuri Twitter ye. Muhoozi yagize ati: “Mu bagabo b’ibihangange nigeze menya harimo General Fred Rwigema utibagirana. […]

Champions league: Gor Mahia yakorewe ibya mfura mbi na Belouizdad yo muri Algeria

Ikipe ya Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya, yaraye inyagiwe na CR Belouizdad yo muri Algeria ibitego 6-0, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league wabereye i Algies. Iyi Gor Mahia mu ijonjora ry’ibanze yari yasezereye APR FC ya hano mu Rwanda ku giteranyo cy’ibitego 4-3. Umunota wa Gatandatu w’umukino wari […]

Arsenal yari imaze imikino irindwi idatsinda yazukiye kuri Chelsea (Amafoto)

img_20201226_224350.jpg

Abakinnyi bakiri bato ba Arsenal bagabanyije igitutu cyari kiri ku mutoza wabo Mikel Arteta, nyuma yo gutsinda Chelsea ibitego 3-1 kuri uyu wa Gatandatu. Ni umukino Chelsea y’umutoza Frank Lampard yagiye gukina ishaka gukomeza urugamba rwo guharanira igikombe cya shampiyona, gusa iza gutungurwa n’urubyiruko rwa Arsenal yari imaze imikino irindwi itazi uko gutsinda muri shampiyona […]

COVID-19 yishe abagabo batatu mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatandatu w’itariki ya 26 Ukuboza yatangaje ko icyorezo cya COVID-19 kishe abagabo batatu mu Rwanda, mu gihe abacyanduye ari 74. Abagabo bishwe na COVID-19 barimo babiri b’i Kigali (uw’imyaka 89 n’uwa 71) ndetse n’uw’i Rusizi w’imyaka 61 y’amavuko. Abanduye COVID-19 bo barimo 37 b’i Kigali, 14 bo mu Gakenke, 9 […]

MINEDUC yahumurije abatsindiye kuyobora ibigo by’amashuri bayishinja kubirengagiza

Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, yahumurije abakoze ibizamini byo kuyobora ibigo by’amashuri bakabitsinda ariko ntibabone akazi bashinja Minisiteri y’Uburezi kubirengagiza, ababwira ko mu gihe cya vuba bazamenyeshwa aho bazoherezwa kuyobora. Ku wa 10 Ukuboza 2019 ni bwo abasabye imyanya yo kuyobora ibigo by’amashuri bakoze ibizamini, bamwe muri bo baza guhabwa akazi abandi bashyirwa ku rutonde […]

Abasirikare batatu b’u Burundi biciwe muri Centrafrique

Abasirikare batatu b’u Burundi bishwe abandi babiri bagakomereka, ubwo bagabwagaho ibitero muri Repububulika ya Centrafrique aho bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro. Bariya basirikare b’u Burundi biciwe mu Ntara ya Dékoa aho bagabiweho igitero. Ibitero byibasira ingabo za Repububulika ya Centrafrique n’iz’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro (MINUSCA) zirimo n’iz’u Rwanda, […]

Rubavu: Abaturage bigambye kuzica umusore wabatemeye inka

Abaturage bo mu murenge wa Mudende w’akarere ka Rubavu, bigambye kwica uwitwa Ninshutiyimana bakunda kwita ‘Musangwa’, nyuma yo gutema inka ebyiri za babiri muri bo. Ni ibitangazwa n’ubuyobozi bw’umurenge nyuma y’inama yabuhuje n’abaturage ku gicamunsi cya Noheli, yanitabiriwe n’inzego zirimo ingabo, Polisi n’inkeragutabara. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo abaturage babyutse basanga inka ebyiri […]

Uko abakinnyi bakomeye muri ruhago bizihije Noheli (Amafoto)

img_20201224_213433.jpg

Kuri uyu wa Gatanu w’itariki ya 25 Ukuboza, abakristu bo hirya no hino ku Isi bizihije umunsi Mukuru wa Noheli winukirwaho ivuka rya Yezu Kristu. Ni umunsi wizigijwe n’ingeri z’abakristu bose, kugeza ku bakinnyi bakomeye b’umupira w’amaguru bifatanyije n’imiryango yabo. Abarimo Lionel Messi, Cristiano Ronaldo, Mohamed Salah, Thiago Alcântara, Yaya Touré n’abandi benshi, bizihije Noheli […]

Padiri Ubald urembeye mu bitaro yageneye Abakristu ubutumwa bwa Noheli

Padiri Ubald Rugirangoga kuri ubu urembeye mu bitaro nyuma yo kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona, yageneye ubutumwa Abakristu abifuriza Noheli Nziza. Tariki ya 21 Ukwakira ni bwo byamenyekanye ko Ubald wamenyekanye cyane kubera ibikorwa by’isanamitima no gusengera abarwayi bagakira yanduye icyorezo cya COVID-19. Kuva icyo gihe uyu mupadiri ntabwo arakira ndetse anageze ku rwego […]

Abasirikare ba RDF bari bari muri Sudani y’Epfo na bo boherejwe muri Centrafrique

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), bwatangaje ko bwakiriye abasirikare b’u Rwanda bari bamaze igihe mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bagiye gutera ingabo mu bitugu bagenzi babo. Abasirikare 300 ni bo baraye bageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrica baturutse i Juba muri Sudani y’Epfo. Ubutumwa […]

COVID-19 yongeye kwica abandi abantu 3 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Kane w’itariki ya 24 Ukuboza, abandi bantu batatu bishwe n’icyorezo cya COVID-19 mu gihe abacyanduye ari 72. Batatu bishwe na Coronavirus barimo umugore w’imyaka 55 wo mu karere ka Huye, uw’imyaka 69 w’i Kigali n’umugabo w’imyaka 46 na we wo mu mujyi wa Kigali. Abanduye bo […]

Uganda: Kiliziya yasabye ko amatora asubikwa imyaka 3, Museveni agakomeza kuyobora

Inama ihuriweho n’Amatorero yo muri Uganda (UJCC) iyobowe na Musenyeri wa Kampala, Dr Cyprian Kizito Lwanga, yasabye ko amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri kiriya gihugu yasubikwa mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere, Perezida Museveni agakomeza kuyobora igihugu muri iyo myaka. Musenyeri Lwanga yemeje ariya makuru mu kiganiro aheruka kugikurikirana n’itangazamakuru ryo muri Uganda. Yagize ati: […]

Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi ba banyamakuru ba Iwacu bari bamaze umwaka urenga bafunze

Abanyamakuru bane b’Igitangazamakuru “Iwacu” cyo mu gihugu cy’u Burundi bari bamaze umwaka urenga bafunzwe, barekuwe nk’uko amakuru aturuka muri iki gihugu abivuga. SOS Media Burundi iravuga ko bariya banyamakuru bamaze kurekurwa, ndetse bakaba bagomba kurira iminsi mikuru isoza umwaka mu miryango yabo. Ni nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Evariste Ndayishimiye. Ku wa 22 Ukwakira […]

Muhamudu Mosi ayo twamuhaye mu minsi ibiri yari yayamaze_Desiré Mbonabucya

Desiré Mbonabucya wahoze ari Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu’ Amavubi’, asobanura ko hari ubwo we na bagenzi be bakinanye mu kipe y’Igihugu bashatse gufasha Muhamudu Mosi kugaruka mu Rwanda bikananirana, bamwoherereza amafaranga akayarya mu minsi itarenze ibiri. Kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru ku mbuga nkoranyambaga ni bwo hatangiye gusakara amashusho n’amafoto ya Muhamudu Mosi uzwi nka […]

Uganda: Abantu 14 baguye mu mpanuka y’ubwato, abatari bake baburirwa irengero

Abantu 14 ni bo byamaze kumenyekana ko baguye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu gice cy’ikiyaga cya Albert kiri mu karere ka Buliisa ho muri Uganda, abatari bake baburirwa irengero. Uwitwa Jakisa wari utwaye buriya bwato, avuga ko bwari butwaye abantu 57, ubwo bwakoreraga impanuka hafi y’icyambu cya Songa-Lendu ku wa Kabiri w’iki cyumweru. Abari baburimo […]

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Macron w’Ubufaransa urwaye COVID-19

Perezida wa Repububulika, Paul Kagame, yageneye ubutumwa mugenzi we w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, ubutumwa bumwifuriza gukira vuba icyorezo cya COVID-19 yanduye. Ku wa 17 Ukuboza 2020 ni bwo Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Bufaransa ’Champ Élysée’ byatangaje ko Macron yanduye Coronavirus. Byavuze ko yapimwe agasanganwa virus mu mubiri we nyuma yo kugaragaza ibimenyetso byayo birimo umunaniro no […]

Abantu 87 banduye COVID-19 mu Rwanda, ntihagira n’umwe uyikira

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko mu gihugu hose habonetse abarwayi bashya 87 ba COVID-19, mu gihe nta n’umwe wakize kiriya cyorezo. Abarwayi bashya babonetse biganjemo abo mu mujyi wa Kigali wabonetsemo 71, i Rubavu habonetse 9, 5 b’i Huye, 1 w’i Rusizi n’undi w’i Nyanza. Uyu munsi nta muntu mu Rwanda […]

Muhamudu Mosi wakiniye Amavubi aratabarizwa kubera ubuzima bushaririye abayemo

Abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda bamenye Muhamudu Mosi mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’ no mu makipe atandukanye, bashenguwe n’ubuzima bubi asigaye abayemo nyuma y’ifoto ye yagiye ahagaragara. Mosi uretse kuba yaragize ibihe byiza mu kipe y’igihugu’Amavubi’, yananyuze mu makipe arimo ayo muri Uganda nka Mityana FC, Express FC, Victors FC, na Villa Sports Club; cyo kimwe […]

ADEPR yashenye urwego rw’itorero rw’akarere, ishyiraho indembo nshya

Umuyobozi bw’Itorero rya ADEPR mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu, bwashenye Inzego z’itorero ry’akarere n’indembo zari zisanzweho, bushyiraho indembo nshyashya. Ni nyuma y’uko ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwashyiragaho Komite y’inzibacyuho ya RGB ku wa 08 Ukwakira; rwayisabye “kuvugurura imiyoborere, amategeko, inzego z’imiyoborere n’inzego z’imirimo ndetse n’imikorere n’imikoranire muri ADEPR.” Umuyobozi wa ADEPR mu Rwanda, […]

Akuzuye umutima wa Tidjara Kabendera watandukanye na RBA yari amazemo imyaka 18

Umunyamakurukazi Tidjara Kabendera, yamaze gutandukana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), nyuma y’imyaka 18 yari amaze ari umukozi wacyo, ashimira abakunze ibiganiro yakoraga n’abo bakoranye bose. Tidjara Kabendera uri mu banyamakuru bakunzwe mu biganiro bitandukanye yakoragamo kuri Radio Rwanda, yatandukanye na kiriya kigo nyuma yo gusezera. Mu butumwa burebure uyu mugore yanditse kuri Instagram, yashimye Imana yamuhaye […]

CAF Confederation Cup: AS Kigali yateye mpaga KCCA bagombaga gukina

Umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup wagombaga guhuza AS Kigali na KCCA yo muri Uganda, ntukibaye nyuma y’uko Komiseri wawo yemeje ko iriya kipe itewe mpaga kubera abayigize banduye Covid-19. Uyu mukino wagombaga kubera kuri Stade ya Kigali guhera saa cyenda zo kuri uyu wa Gatatu. Inama itegura umukino (Technical meeting) yahuje […]

Muzehe Gasarabwe wahoze ayobora Mukura VS yitabye Imana

Gasarabwe Jean Damascène wabaye Perezida wa Mukura Victory Sports yo mu karere ka Huye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yitabye Imana ejo ku wa Kabiri. Uyu mukambwe ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kwiyubaka kwa Mukura Victory Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi. Nyakwigendera Gasarabwe ni umwe mu bitangiraga cyane […]

Uganda yahaye ibisobanuro Amerika yayishinje guhonyora uburenganzira bwa muntu

Minisitiriri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Hon Sam Kutesa, yahakanye ibirego Leta ya Uganda iheruka gushinjwa na Komisiyo ishinzwe ububanyi n’amahanga mu mutwe w’abadepite ba Amerika by’uko ihonyoza uburenganzira bwa muntu. Mu ibaruwa ndende Hon Kutesa yandikiye iriya Komisiyo, yagerageje kujya akomoza kuri buri kimwe mu birego ndetse n’icyo amategeko ya Uganda agiteganyaho. Ingingo yakomojeho zirimo […]

Lionel Messi yanditse amateka mashya muri FC Barcelona (Amafoto)

img_20201223_081744.jpg

Umunya-Argentine Lionel Messi, yaraye yanditse amateka akomeye yo kuba umukinnyi wa mbere ku Isi watsinze ibitego byinshi akinira ikipe imwe, nyuma yo guca agahigo kari gafitwe n’igihangange Pele. Messi yabigezeho nyuma yo gufasha FC Barcelona akinira gutsinda Real Valladolid ibitego 3-0, mu mukino wa shampiyona ya Espagne wabaye mu ijoro ryakeye. Messi yatsinze igitego cya […]

Sugira Ernest muri 31 b’Amavubi ya CHAN Mashami yahamagaye

img-202012222ee5-38243.jpg

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi 31 bagomba kwitegura irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cy’abakina mu bihugu byabo CHAN. Rutahizamu wa Rayon Sports, Sugira Ernest ayoboye ba rutahizamu Mashami azaba agenderaho muri ririya rushanwa, nyuma yo kwitwara neza muri CHAN yabereye mu Rwanda muri 2016. Iri rushanwa rikaba rizabera muri Cameroun umwaka utaha kuva […]

Tanasha aravuga ko Diamond yatumye yongera guhumeka nyuma yo kwikubita agashyi

Umunya-Kenyakazi Tanasha Donna wahoze ari umukunzi w’umuhanzi Diamond Platnumz, yatangaje ko uriya muhanzi yikubise agashyi atangira kumufasha kurera umwana babyaranye. Ni nyuma y’uko mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo Tanasha yatandukanaga na Diamond, yari yarakunze kumushinja kumutererana inshingano zo kurera umwana w’umuhungu babyaranye, Naseeb Junior. Mu kiganiro Tanasha aheruka kugirana n’igitangazamakuru Rick Media, yavuze ko yatangiye […]

Itangazamakuru Nyarwanda ryanenzwe kubaza Kagame ibibazo by’amafuti

img_20201222_145622.jpg

Abanyarwanda bakoresha Imbuga Nkoranyambaga, bifatiye ku gahanga abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru byo mu Rwanda babanenga kubaza ibibazo biciriritse Perezida wa Repububulika, Paul Kagame. Ku wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza ni bwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’uko yari amaze kugeza ku Banyarwanda ijambo ngarukamwaka rigaragaza uko igihugu gihagaze. Ni ikiganiro cyanagizwemo uruhare n’abaturage bari […]

Uganda: Gen Nalweyiso yavuze igihe bakabaye bariciye Bobi Wine iyo babishaka

Umujyanama wihariye wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Lt Gen Proscovia Nalweyiso, yagiriye inama Bobi Wine uri mu bahatanira kuyobora Uganda gushaka amajwi azamugeza ku butegetsi mu mahoro bidaciye mu guteza imvururu. Uyu mugore uza ku mwanya wa mbere mu bagore bakomeye mu gisirikare cya Uganda, yabigarutseho ku munsi w’ejo ubwo yamaganaga imyigaragambyo iheruka kubera […]

Rayon Sports yaciwe amande yikubye incuro 4 ayaciwe AS Muhanga na Bugesera

Komisiyo ishinzwe imyitwarire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yaciye amande amakipe ya Rayon Sports, AS Muhanga na Bugesera FC; nyuma yo gusanga yarakoze amakosa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Iyi Komisiyo yateranye ku wa 13 no ku wa 18 Ukuboza 2020, yiga ku kibazo cy’amakipe n’abayobozi b’imikino (Match Commissioners) batashyize […]

Joe Biden yahawe urukingo rwa COVID-19

Perezida watowe wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yahawe urukingo rwa Pfizer rukingira COVID-19, mu rwego rwo kwereka abaturage b’igihugu cye ko ntacyo rutwaye ku buzima. Biden yahawe ruriya rukingo nyuma y’abandi bategetsi barwakiriye, barimo barimo Visi Perezida Mike Pence na Nancy Pelosi uyobora Inteko Ishing Amategeko, umutwe w’abadepite. Biden yaherewe urukingo mu […]

Lewandowski yicishije bugufi cyane imbere ya Messi na Cristiano Ronaldo

1575251264_362823_1575251359_noticia_normal_recorte1.jpg

Umunya-Pologne Robert Lewandowski yicishije bugufi imbere ya Lionel Messi na Cristiano Ronaldo, agaragaza ko n’ubwo mu mwaka ushize w’imikino yitwaye neza mu kibuga ntaho ahuriye na bariya bagabo bombi. Uyu rutahizamu wa Bayern Munich aheruka kwegukana igihembo cya FIFA cy’umukinnyi wahize abandi ku Isi muri 2020, ahigitse Messi na Cristiano Ronaldo bari bagihataniye. Ni nyuma […]

Uganda: Bobi Wine yahundagajweho imitwaro y’amashiringi ubwo yari yagiye kwiyamamaza (Amafoto)

img_20201221_183305.jpg

Depite Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ uzaba ahagarariye ishyaka NUP (National Unity Platform) mu matora y’umukuru w’igihugu cya Uganda, kuri uyu wa Mbere yahundagajweho n’abamushyigikiye imitwaro y’amashiringi ya , ubwo yari yitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza. Kuri uyu wa Mbere Bobi Wine yari mu karere ka Ibanda aho yari yagiye kwiyamamariza. Amafoto yafashwe n’umunyamakuru ufata amafoto […]

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abamusabye kurekura Rusesabagina

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje ku banyamahanga bakomeje kotsa u Rwanda igitutu barusaba kurekura Paul Rusesabagina rufunze Rwanda, ashimangira ko u Rwanda ruzakurikiza inzira z’ubutabera rukazakurikiza icyo aho buzaruyobora. Umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yagezaga ku Banyarwanda ijambo ngarukamwaka rigaragaza uko igihugu gihagaze. Perezida Kagame yagaragaje ko igihugu gihagaze neza, n’ubwo […]

Abakinnyi 10 ba Musanze FC banduye COVID-19

Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko hari abakinnyi bayo 10 banduye icyorezo cya COVID-19, nyuma y’ibipimo byafashwe mu cyumweru gishize. Ni amakuru yemejwe n’Umunyamabanga w’iyi kipe, Rutishereka Makuza Jean, mu kiganiro yagiranye na BWIZA. Yagize ati: “Nibyo kugeza ubu mu bari bapimwe kuwa kane ibisubizo byaje zigaragaza ko icumi muri bo banduye.” Rutishereka yagaragaje ko […]

Igisirikare cya RDC cyigambye kwica abarwanyi ba ADF

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyatangaje ko cyishe abarwanyi 14 bo mu mutwe wa ADF ukomoka muri Uganda, nyuma y’imirwano yasakiranyije impande zombi muri Beni ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni amakuru yemejwe na Gen Peter Cirimwami, Umuvugizi wa Operasiyo Sokola 1 igizwe n’ingabo za RDC ziri mu bikorwa byo guhiga […]

Ukuri ku wiswe ‘Joe Biden’ wagaragaye avuga ko ashyigikiye Bobi Wine

Mu gihe imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe muri Mutarama 2021 ikomeje kurimbanya, byinshi kuri yo bikomeje gutangazwa nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe n’imvururu zaguyemo abatari bake. Perezida Yoweri Kaguta Museveni uri ku butegetsi kuva mu 1986, azaba ahanganye mu matora n’abakandida 10 barimo Robert Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine uri mu bashyigikiwe cyane. […]

Abandi bantu 127 banduye COVID-19 mu Rwanda, hapfa babiri

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu Tariki ya 19 Ukuboza habonetse abarwayi bashya ba COVID-19 babarirwa mu 127; mu gihe abahitanwe n’iki cyorezo ari babiri. Abarwayi bashya babonetse barimo 76 b’i Kigali (Abahuye n’abanduye bari kuvurirwa mu ngo), 12 b’i Rusizi, 12 b’i Musanze, 11 ba Rubavu, batandatu bo mu Gakenke, […]

Messi yaciye agahigo gakomeye kari gafitwe n’umwami Pele

Umunya-Argentine Lionel Messi yaciye agahigo kari gafitwe n’umunya-Brésil Edison Arantes do Nascimento ‘Pele’, ko kuba umukinnyi rukumbi watsinze ibitego byinshi akinira ikipe imwe. Kuri uyu wa Gatandatu FC Barcelona yari yakiriye Valencia mu mukino wa shampiyona ya Espagne, urangira amakipe yombi aguye miswi ibitego 2-2. Valencia ni yo yafunguye amazamu ibifashijwemo na Mouctar Diakhaby, FC […]

Sweswe wakinnye iminota 90 adakora ku mupira mu bafite uduhigo twihariye muri ruhago

Thomas Langu Sweswe,ni umunya Zimbabwe wakinnye nka myugariro mu makipe nka Manning Rangers, Kaizer Chiefs, Bidvest Wits na Black Leopards zo muri Afurika y’Epfo. Uyu mugabo yanakiniye Highlanders, Dynamos na ZPC Kariba zo muri Zimbabwe, mbere yo gusezera ku mupira w’amaguru muri 2017 ubwo yari afite imyaka 35 y’amavuko. Uyu Sweswe azwiho kuba yarakinnye iminota […]

Uko umugore cyangwa umukobwa yamenya ko yasamye adategereje imihango

Nyuma y’iminsi irindwi umuntu w’igitsina gore akoze imibonano mpuzabitsina idakingiye, ashobora kumenya ko yasamye iyo apimye inkari ze akoresheje akuma benshi bakunda kwita “Test de Grossesse/ Pregnancy Test”. Test de grossesse/ pregnancy test” buri wese uzi gusoma, iyo akeka ko yasamye yayigura akagakoresha apima inkari, akamenya igisubizo. Test de grossesse ikora ite? Abahanga mu by’ubuzima […]

Ingabo zitagira ikinyabupfura ni nk’impeehe_Perezida Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yasabye ingabo z’igihugu cye kwimakaza ikinyabupfura no kwirinda abashobora kubashuka bagatezuka ku nshingano zabo, ngo kuko ‘ingabo zitagira ikinyabupfura zimeze nk’impehe’. Ndayishimiye yabigarutseho ku wa Gatanu, ubwo yahuraga n’abasirikare n’abapolisi b’u Burundi, mu muhango wo kubifuriza Noheli nziza n’umwaka mushya muhire. Uyu muhango wabereye ku Kicaro cya batayo ya 22 […]

Umuhanzi Meddy yateye ivi

Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi mu muziki Nyarwanda nka ‘Meddy’, yateye ivi asaba Mimi Mehfira bamaze igihe bakundana ko yazamubera umugore. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukuboza 2020 nibwo Meddy yasabye uyu mukobwa ukomoka muri Ethiopia ko yazamubera umugore, mu birori by’isabukuru y’amavuko ya Mimi Mehfira. Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, […]

Gen Vincent Gatama yagizwe Umugaba Mukuru wa EASF

Umunyarwanda, Brig Gen Vincent Gatama, yemejwe nk’Umugaba Mukuru w’umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF), mu nama ya 28 y’uriya mutwe yari imaze iminsi ibera i Kigali. Gen Gatama wari umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, azayobora uriya mutwe mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere. Inama y’uriya mutwe yemeje ko […]

Muhanga: Yatumwe kuroga abamucumbikiye ‘kubera ko birata’

Uwitwa Icyimpaye Noëlla wo mu Mudugudu wa Nyarucyamu I, mu Kagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, akurikiranyweho guha uburozi umukobwa ucumbikiwe n’abaturanyi ngo yice umwana waho na nyina ngo kuko birata. Umutoniwase Fiona wareraga umwana wa mubyara wa Se, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko Icyimpaye yamwegereye agatangira kumwoshya ngo […]