Gicumbi: Umunyamakuru wa Radio Ishingiro yafunzwe azira gukubita umwarimukazi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi umunyamakuru wa Radio Ishingiro yo mu Karere ka Gicumbi, rumukurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umwarimukazi. Uyu munyamakuru yafunzwe tariki ya 15 Ukuboza 2020, nyuma y’amakuru yo gukubita umwarimukazi wacumbikiye umugore we wari wahunze amakimbirane bari bafitanye. Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko […]
Uganda: Polisi yongeye gutobora amapine y’imodoka ya Bobi Wine (Amafoto)

Robert Ssentamu Kyagukanyi Alias Bobi Wine uri mu bakandida biyamamariza kuyobora Uganda, aravuga ko Abapolisi ba kiriya gihugu barashe imodoka ye bakayitobora amapine. Imodoka ya Bobi Wine yashwe ubwo yerekezaga ahitwa Rwampara nk’uko yabingaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Ati: “Kare turi mu nzira twerekeza Rwamara, abantu bari bahishe amasura bambaye imyambaro y’umukara ya […]
Kwihangana byanze! Cristiano yagaragaye yigunze nyuma yo gutsindwa na Lewandowski
Rutahizamu Cristiano Ronaldo wa Juventus yo mu Butaliyani, yagaragaye asa n’uwigunze nyuma yo gutsindwa na Robert Lewandowski wa Bayern Munich akamutwara igihembo cy’umukinnyi wahize abandi ku Isi muri 2020. Mu ijoro ryakeye ni bwo Lewandowski yegukanye Igihembo cy’uwahize abandi ku Isi, ahigitse Cristiano Ronaldo na Lionel Messi. Umuhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, mu rwego rwo kwirinda […]
FIFA the Best: Menya abo Mashami na Tuyisenge Jacques bahundagajeho amajwi
Mu ijoro ryakeye Impuzamashyirahawe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), yaraye itanze ibihembo by’abiganjemo abakinnyi n’abatoza bahize abandi ku Isi mu mwaka wa 2020. Nko mu bagabo umukinnyi wahize abandi ni umunya-Pologne, Robert Lewandowski ukinira Bayern Munich yo mu Budage, nyuma yo kuyitsindira ibitego 55 mu mwaka w’imikino ushize akayihesha ibikombe birimo icya Shampiyona, DFB-Pokal, UEFA […]
Robert Lewandowski yegukanye igihembo cy’umukinnyi wahize abandi ku Isi

Umunya-Pologne Robert Lewandowski, yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umupira w’amaguru wahize abandi ku Isi mu mwaka w’imikino wa 2019/20, ahigitse Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bari bagihataniye. Lewandowski yegukanye iki gihembo gitangwa na FIFA nyuma yo gufasha Bayern Munich gutwara ibikombe byose bikinirwa mu Budage no ku mugabane w’Uburayi. Ni ku ncuro ya mbere uyu mugabo yegukanye […]
Abafatira ibihano abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID ndabashyigikiye, ndetse cyane_Minisitiri Shyaka
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yahaye rugari abayobozi b’inzego z’ibanze n’abo mu zindi nzego zitandukanye baca amande abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19; ababwira ko abashyigikiye mu gihe cyose ntawe bazaba bahora ubusa. Minisitiri Shyaka yabigarutseho ku wa Gatatu, mu kiganiro cyahuje itangazamakuru n’inzego zirimo Za Minisiteri y’Ubuzima, Ubutegetsi bw’Igihugu, Siporo, Ubucuruzi n’Inganda ndetse […]
Meddie Kagere yeseje umuhigo ukomeye muri shampiyona ya Tanzania
Rutahizamu w’Ikipe y’igihugu’Amavubi’, Meddie Kagere, yeseje umuhigo wo gutsinda ibitego 50 muri shampiyona ya Tanzania nyuma y’imyaka ibiri n’igice amaze ayikinamo. Kagere yatsinze igitego cya 50 mu mukino w’ikirarane cya shampiyona ya Tanzania (Tanzania Vodacom Premier League) wahuzaga Simba SC akinira na KMC FC ikinamo Mugiraneza J. Baptiste. Igitego cyo kuri Penaliti yo ku munota […]
José Mourinho yaciye agahigo kagayitse yaherukaga muri 2012 atsinda FC Barcelona
Umutoza José Mourinho mu gice cya mbere cy’umukino ikipe ye ya Tottenham yaraye itsinzwemo na Liverpool, yaraye itanze amapase 75 mu minota 45 y’igice cya mbere, aca agahigo ko gutanga pase nke mu mukino yaherukaga muri 2012 ubwo yatozaga Real Madrid. Icyo gihe Real Madrid yakinaga na FC Barcelona itanga amapase 54 mu minota 45 […]
Abarwayi bashya 122 ni bo banduye Covid-19 kuri uyu wa Gatatu
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu mu gihugu hose habonetse abarwayi bashya ba Coronavirus 122, biganjemo abo mu mujyi wa Kigali n’ab’i Musanze. I Kigali habonetse abarwayi 64 (Abagenzi binjira mugihugu, bahise bashyirwa mu kato), i Musanze haboneka 38 (Amatsinda y’abibasiwe), i Huye 7, Nyagatare 5, Rusizi 3, Muhanga 2, Nyamagabe 2 na […]
Bobi Wine yijeje ab’i Kisoro ko nibamutora bazongera kurongora Abanyarwandakazi
Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uri muri 11 biyamamariza kuyobora Uganda, yijeje abaturage ko nibamutora igihugu cye kizongera kugendererana n’u Rwanda kugeza n’aho abaturage be bongera kurongora Abanyarwandakazi. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu ubwo yari mu gace ka Kisoro (Gisoro), aho yakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza mbere yo kwerekeza mu turere twa Rukiga na […]
U Bufaransa: Umunyamakuru agiye kuburanishwa ku cyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Umunyamakuru wo mu Bufaransa witwa Natacha Polony, yamaze koherezwa mu Rukiko Mpanabyaha rw’i Paris mu Bufaransa kugira ngo atangire kuburanishwa ku cyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranweho. Polony asanzwe ari umuyobozi mukuru w’ubwanditsi bw’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cyitwa ‘Marianne’. Inyandiko y’urukiko Jeune Afrique ivuga ko yashoboye kubona, ivuga ko Natacha Polony azaburanishwa kubera “ihakana […]
Shampiyona izasubukura vuba_Minisitiri Munyangaju
Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yatangaje ko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda izasubukurwa mu gihe cya vuba, ariko bitewe n’uko Ferwafa izaba yagaragarije inzego zishinzwe kurwanya COVID-19 ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo. Ni nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo ihagaritse iriya shampiyona bitewe n’uko yasanze hari amakipe yagaragayemo ubwandu bwa COVID-19 ndetse […]
Uganda: Museveni yahinduriye imirimo umuhungu we Gen Muhoozi
Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’iki gihugu, Yoweri Kaguta Museveni, yahinduriye imirimo Lt Gen Muhoozi Kainerugaba amugira umuyobozi w’umutwe w’ingabo zidasanzwe zishinzwe kumurinda, Special Forces Command (SFC) n’Umujyanama we wihariye mu by’Umutekano. Kuva muri 2017 Gen Muhoozi usanzwe ari imfura ya Perezida Museveni, yari Umujyanama we wihariye mu bijyanye n’ibikorwa byihariye, inshingano yahawe […]
Abanyura i Musanze bashobora kugongwa na ‘Saa moya’ bagiriwe inama
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yakomoje ku mpungenge bamwe mu banyura mu mujyi wa Musanze bamaze igihe bafite, ababwira ibyo bakwiye gukora kugira ngo badafatwa n’isaha ya saa moya. Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020, yanzuye ko ingendo mu karere ka Musanze zibujijwe guhera saa moya z’umugoroba, nk’imwe mu […]
Dr Tedros uyobora OMS arashinjwa ibyaha bya Jenoside
Umuhanga mu by’ubukungu, David Steinman ukomoka muri Amerika, yashinje umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus kuba yari ‘umuntu ufata ibyemezo bikomeye’ wayoboye ibikorwa by’inzego zishinzwe umutekano za Ethiopia byaganishije kuri Jenoside muri icyo gihugu hagati ya 2013 na 2015. Steinman yashinje Tedros kuba yari umwe mu bayobozi batatu bari bashinzwe inzego z’umutekano za Ethiopia […]
Florent Ibenge yongeye guhabwa inshingano zo gutoza ikipe y’igihugu ya RDC
Umukongomani Jean Florent Ibenge Ikwange wahoze atoza ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ‘Les Léopards’ yongeye kuyigarukamo nyuma y’umwaka umwe yeguye ku nshingano zo kuyitoza. Ibenge watwaranye na Congo Kinshasa irushanwa rya CHAN yari yabereye mu Rwanda muri 2016, yahawe inshingano zo gutoza iriya kipe mu mikino ya CHAN iteganyijwe kubera muri Caméroun […]
Rusesabagina yareze sosiyete y’indege yo mu Bugereki gufatanya n’u Rwanda ‘kumushimuta’
Paul Rusesabagina kuri ubu ufungiye mu Rwanda, yajyanye mu nkiko Sosiyete y’indege ya GainJet Aviation yo mu Bugereki n’umuvugabutumwa witwa Costantin Niyomwungere; abashinja ‘gufatanya n’u Rwanda kumushimuta’. Rusesabagina yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Kigali mu mpera za Kanama, yerekwa itangazamakuru n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku wa 31 Kanama. Umuryango wa Rusesabagina wakunze kuvuga ko uyu […]
Hari amakipe akurikiranweho na RIB kubeshya ko abakinnyi bayo batanduye COVID-19
Minisititi wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yatangaje ko hari amakipe yo mu cyiciro cya mbere hano mu Rwanda ari gukorwaho iperereza n’ubugenzacyaha, nyuma yo gukina imikino y’umunsi wa mbere abakinnyi n’abakozi bayo akerekana ibya ngombwa bihimbano byerekana ko byakozwe. Ni nyuma y’uko mu minsi ishize, mu makipe amwe akina mu cyiciro cya mbere hagaragaye abakinnyi […]
Perezida Trump yanze ko abakozi b’ibiro bye bakingirwa COVID-19
Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yaburijemo gahunda yo guha inkingo za COVID-19 abakozi bo mu biro bye bya White House yari iteganyijwe mu minsi iri imbere. Ni nyuma y’uko ku Cyumweru ibiro bya Perezida wa Amerika byari byatangaje ko abakozi ba White House bari mu bantu ba mbere bari guhabwa urukingo […]
France Football yatangaje abakinnyi 11 ba ruhago b’ibihe byose

Ikinyamakuru France Football gisanzwe gitanga igihembo cya Ballon d’Or, cyamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 11 bagize ikipe y’ibihe byose y’umupira w’amaguru, ruriho ibihangange bitandukanye mu mupira w’amaguru. Ni urutonde rwashyizwe ahagaragara ku mugoroba w’ejo ku wa kabiri, rusimbura umuhango wo gutanga Ballon d’Or ya 2020 kiriya kinyamakuru cyasubitse kubera icyorezo cya COVID-19. Urutonde rw’abakinnyi 11 […]
Umunya-Angola ni we ufite agahigo ko kugira iminwa minini ku Isi (Amafoto)

Muri 2010 abashakashatsi ba Guinness world records, ni bwo bavumbuye umugabo w’umunya-Angola witwa Francisco Domingos Joaquim, ufite agahigo ko kuba umuntu wa mbere ku Isi ufite iminwa migari. Uyu mugabo wamamaye nka Chinquinho bivugwa ko afite iminwa ifite ubugari bungana na Santimetero 17, ashobora gushyiramo ikintu kirengeje buriya burebure. Abashakashatsi ba kiriya gitabo cyandikwamo abakoze […]
Byakomeye! Abandi bantu babiri bishwe na COVID-19, handura 100
Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko mu gihugu habonetse abantu 100 banduye icyorezo cya Covid-19, mu gihe abo cyahitanye ari babiri. Abarwayi bashya babonetse barimo 52 b’i Kigali, 21 b’i Rubavu, 9 b’i Huye, 7 bo mu Ruhango, 4 b’i Rusizi, 4 b’i Muhanga, 2 bo mu Gakenke n’umwe w’i Rwamagana. Abitabye Imana […]
Abakinnyi b’umupira w’amaguru bangana urunuka (Amafoto)

Mu gihe bizwi ko umupira w’amaguru uhuza ingeri z’abantu batandukanye bakishima, rimwe na rimwe ujya unabonekamo amakimbirane atandukanye yaba ashingiye ku myemerere, ku ruhu, amadini ndetse n’ibindi bitandukanye; bikaba intandaro yo kugira ngo abantu bahinduke abanzi. Aya makimbirane hari abayagirana akarangira, mu gihe hari n’ababikirana inzika ku buryo icyari akantu gato birangira gihindutse inzigo. Ni […]
Abagabo bacitse ururondogoro kubera uburanga budasanzwe bw’umuzunguzayi (Amafoto)

Umukobwa w’umuzunguzayi yatumye abakoresha imbuga nkoranyambaga biganjemo abagabo bacika ururondogoro, nyuma y’amafoto ye yagiye hanze azunguza Cocoa (amapapayi). Amafoto y’uyu mwari wo muri Ghana yagiye hanze, amugaragaza yikoreye amapapayi ku rutaro yambaye ikanzu itukura igaragaza imiterere y’igice cye cyo hasi, ibyatumye abagabo benshi bacika ururondogoro batangarira amabuno ye. Abenshi mu bagabo bahurije ku kuba umukobwa […]
Mohammed Adil utoza APR FC yarahiriye kujyana Radiyo Rwanda mu nkiko
Umunya-Maroc, Mohammed Adil Erradi utoza APR FC, yarahiriye kujyana mu nkiko Radiyo Rwanda ashinja gutesha agaciro ibya ngombwa bye by’ubutoza binyuze mu munyamakuru wayo. Mu minsi ishize ubwo APR FC yiteguraga Gor Mahia yo muri Kenya mu mukino ubabanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league, havuzwe amakuru y’uko umutoza Adil ashobora kudatoza uwo mukino kubera […]
Amatora yacu azaba mu mahoro, ntawe uzaduhungabanya- Museveni
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yashimangiye ko amatora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha azaba mu mahoro, ndetse ko nta n’umuntu n’umwe ushobora kuzayahungabanya. Ibi Museveni yabitangaje mu gihe muri Uganda hari icyoba cy’uko nyuma y’amatora hashobora kuzaduka imvururu, kubera kubera kutemera ibizaba byayavuyemo kuri bamwe mu bakandida. Amarenga y’imvururu zishobora kwaduka muri […]
Gatsibo: Umwarimu aravugwaho gufatwa avuye kwiba igitoki, ubuyobozi bukavuga ko abeshyerwa
Umwarimu witwa Niyongira Jean Paul wigisha mu ishuri ribanza mu rwunge rw’amashuri rwa Kageyo, mu murenge wa Kageyo w’akarere ka Gatsibo; aheruka gufatwa yikoreye igitoki n’ibishyimbo by’ibitonore bivugwa ko yari avuye kwiba. Byabaye ku mugoroba wo ku wa Kane Tariki ya 10 Ukuboza, mu mudugudu wa Kinyana uriya mwarimu atuyemo, mu kagari ka Nyagisozi ho […]
Abari inyuma y’ibi byose umunsi umwe bazabyishyura_Bobi Wine
Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje ko igihe kizagera buri wese mu bashinzwe umutekano muri Uganda cyo kimwe n’abategetsi ba kiriya gihugu bamuhohoteye bkabazwa ibyo yakoze. Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu abashinzwe umutekano bamuhagaritse ku muhanda incuro enye ubwo yerekezaga mu bikorwa byo kwiyamamaza. Bobi Wine abinyujije kuri Twitter, yavuze ko […]
Danny Usengimana yarongoye nyuma y’igihe ubukwe bwe bwarasubitswe (Amafoto)

Rutahizamu Danny Usengimana ukinira APR FC, kuri uyu wa Gatanu yakoze ubukwe n’umukunzi we Nyangabire Francine nyuma y’amezi abiri bwarasubitswe. Ku wa Mbere tariki ya 21 Nzeri 2020 Danny Usengimana yasohoye urupapuro ruteguza abantu ubukwe bwe na Nyangabire Francine, bwagombaga kuba ku wa 8 Ukwakira bukabera mu murenge wa Niboye w’akarere ka Kicukiro. Itariki y’ubukwe […]
APR FC yatsinze Kiyovu Sports, yegukana amanota atatu ya mbere muri shampiyona
Ikipe ya APR FC yegukanye amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’ikiciro cya mbere, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona. Wari umukino wa mbere iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari ikinnye, nyuma y’uko itashoboye gukina imikino ya mbere kubera ko yari ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions league. […]
Perezida Kagame yacyeje Nana Akufo-Addo wongeye gutorerwa kuyobora Ghana
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye Nana Akufo-Addo uheruka kongera gutorerwa kuyobora igihugu cya Ghana, amwizeza gukomeza ubucuti n’ubufatanye bisanzwe hagati y’ibihugu bayoboye. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo Perezida Nana Akuffo yongeye gutorerwa kuyobora Ghana ku majwi 51.6%, atsinze John Mahama na we wigeze kuyobora icyo gihugu we wagize amajwi 47.4%. Ni ku […]
Rayon Sports yasobanuye impamvu Bashunga yirukanwe mu mwiherero
Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwanyomoje amakuru yavugaga ko umuzamu wayo Bashunga Abouba yirukanwe mu mwiherero wayo kubera kudahabwa amafaranga, busobanura ko uyu munyezamu yazize imyitwarire mibi. Ni nyuma y’amakuru yaramutse muri bimwe mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu avuga ko umuzamu Bashunga yaba yavuye mu mwiherero nyuma yo kudahabwa ibyo […]
RDC: Jeannine Mabunda yegujwe, Tshisekedi atsinda icy’umutwe
Mu ijoro ryakeye Jeannine Mabunda wari Perezidante w’Inteko Ishinga amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yirukanwe ku mirimo ye nyuma y’uko abenshi mu badepite bashyigikiye ko yirukanwa. Mabunda usanzwe ari inkoramutima ya Joseph Kabila, yakuwe ku nshingano ze nyuma y’uko abadepite 281 muri 484 batoye bashyigikiye icyemezo cy’uko yakwirukanwa. Abenshi mu bakurikirana ibya Politiki […]
Abanyarwanda ba mbere bazatangira guhabwa urukingo rwa COVID-19 muri 2021
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangaje ko u Rwanda ruri mu bihugu byamaze gusaba urukingo rwa COVID-19, bikaba biteganyijwe ko Abanyarwanda ba mbere bazarwakira hagati ya Werurwe na Mata mu mwaka utaha. Minisitiri Ngamije yabigarutseho kuri uyu wa kane, mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, aho yavuze ko Abanyarwanda bangana na 20% ari bo bazahita […]
AS Kigali yakuye amanota atatu ya mbere kuri Mukura VS
Ikipe ya AS Kigali yegukanye amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’ikiciro cya mbere, nyuma yo gutsinda Mukura VS ibitego 2-0. Hari mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona iyi kipe y’Umujyi wa Kigali yari yakiriye iyi kipe y’i Huye i Nyamirambo, ukaba uwa mbere yari ikinnye bijyanye n’uko itari yashoboye gukina ibiri ya mbere […]
Meddy mu ndirimbo ‘Carolina’ yongeye gushimangira ko ayoboye umuziki Nyarwanda
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi mu muziki Nyarwanda nka ‘Meddy’, yashyize hanze indirimbo yise ‘Carolina’ yahise itangira gukundwa n’abatari bake. Mu ntangiriro z’Ukwakira ni bwo uyu muririmbyi uri mu bayoboye umuziki nyarwanda yatangiye kurarikira abakunzi be Iyi ndirimbo, ku buryo ab’inkwakuzi bahise batangira kuyishakishiriza kuri Internet bazi ko yamaze kuyisohora. Mu gitondo cyo kuri uyu […]
Al Ahly yahojeje umufana warijijwe no kubona inyagirwa na Mamelodi(Amafoto)

Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yahojeje amarira umufana wayo wagaragaye arira ubwo iyi kipe yasezererwaga muri CAF Champions league ya 2018, inyagiwe na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika. Umukino ubanza wari wabereye i Pretoria, Mamelodi Sundowns y’umutoza Pitso Mosimane kuri ubu utoza Ahly, yawutsinze ku bitego 5-0, mu gihe uwo kwishyura […]
Rutsiro: 13 bari bakurikiranweho kunyereza umutungo wa Leta bagizwe abere
Abakozi 13 b’akarere ka Rutsiro bari bakurikiranweho kunyereza umutungo wa Leta, bagizwe abere n’Urukiko Rukuru rwa Karongi runategeka ko bahita barekurwa. Umwanzuro ugira bariya bakozi abere wafashwe ku wa Gatatu tariki ya 9 Ukuboza 2020, nyuma y’amezi ane bafunzwe. Ku wa 6 Kanama ni bwo aba bakozi bari bahagaritswe by’agateganyo ku mirimo yabo mu gihe […]
UEFA Champions league: Karim Benzema yakuye Real Madrid mu mazi abira
Umufaransa Karim Benzema yafashishe Real Madrid gutsinda Borussia Monchengladbach yo mu Budage ibitego 2-0, ihita ibona itike ya 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Iyi kipe y’i Madrid yari yakiriye Borussia Monchengladbach, mu mukino wa nyuma wo mu tsinda B wabereye ku kibuga cya Estadio Alfredo Di Stefano. Umunota wa 9 w’umukino wari uhagije ngo […]
Perezida Magufuli yirukanye Minisitiri wananiwe gusoma indahiro
Perezida wa Tanzania, Dr John Magufuli, kuri uyu wa Gatatu yirukanye ku mirimo Francis Ndulane yaherukaga kugirira icyizere cyo kuba Minisitiri Wungirije w’Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, nyuma yo kunanirwa gusoma neza indahiro. Perezida Magufuli yatangaje ko agomba gusimbuza uriya Muminisitiri, nyuma gato y’umuhango wo kwakira indahiro z’Abaminisitiri bashya 21 n’abungiriza babo 22 baheruka kwinjira muri Guverinoma […]
Yanze kwishyura amafaranga y’ibitaro kubera ko umugore we yabyaye umwana udashamaje
Umugabo wo mu gihugu cya Nigeria yanze kwishyura amafaranga y’ibitaro, nyuma y’uko umugore we yibarutse umwana ufite isura idashamaje. Mu butumwa uyu mugabo yanditse ku rubuga rwe rwa Facebook, yavuze ko ari mu bubabare n’agahinda gakomeye, yibaza niba koko ari we se w’uriya mwana umugore we yibarutse. Uyu mugabo yavuze ko umwana yibarutse ari mubi […]
Ryaba ari iherezo ry’umuvumo w’Igikomangoma cya Kigeli IV Rwabugiri kuri Nyaruguru?

Umuhungu w’umwami Kigeli IV Rwabugiri witwaga Muhigirwa yari umutware wa Nyaruguru mu kinyejana cya 19, mbere yo gupfa yiyahuye, akaba yari yarayivumye ngo ntikaramye (kurama) umutware. Ubundi Muhigirwa yari afite nyina witwaga Nyiramparaye. Ariko amakuru avuga ko atari yarabyawe na Rwabugiri kuko nyina yahatashye amufite. Rwabugiri afata Muhigirwa nk’umwana we nk’uko na we yari yarabikorewe […]
Mugisha Moïse aravuga ko hari bagenzi be bafite umugambi wo kumwica
Mugisha Moïse uheruka kwegukana Isiganwa ry’amagare ryo muri Cameroon rya Grand Prix Chantal Biya, yavuze ko hari bagenzi be bakinana mu kipe ya Skol Adrien Cycling Academy bafite umugambi wo kumwica. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, mu kiganiro yagiranye na Radio 10. Ni nyuma yo gusesa amasezerano muri iyi kipe kubera ubwumvikane buke yagiye agirana […]
Rubavu: Ikibazo cy’isambu yo mu 1959 Kagame yasabye gukemura, gikomeje kuba ingume
Ku wa 10 Gicurasi 2019 ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagendereraga akarere ka Rubavu, umuturage witwa Ntibankundiye Patrick yamugejejeho ikibazo kijyanye n’isambu y’ababyeyi be yavugaga ko yambuwe n’uwitwa Uwimana Solange. Ntibankundiye yagaragarije Umukuru w’Igihugu ko gukurikirana iyi sambu byatumye umubyeyi we, Urimubenshi Thomas aburirwa irengero, ndetse na we akaba yaragiye afungwa bya hato na […]
Manchester United yatsinzwe na Leipzig, isezererwa muri UEFA Champions league
Ikipe ya Manchester United yasezerewe muri UEFA Champions league itarenze amatsinda, nyuma yo gutsindwa na RB Leipzig yo mu Budage ibitego 3-2. Ni Manchester United yagaragaje ukurwana kugeza ku munota wa nyuma, gusa ibitego bibiri yatsinze mu minota ya nyuma ntibyari bihagije kugira ngo igere muri 1/8 cy’irangiza. Icyizere cya Manchester United yari yaratangiye ririya […]
Gen Otafiire yavuze ko atazemera ko Bobi Wine ayobora igihugu yarwaniye imyaka 6
Gen Kahinda Otafiire, Minisitiri wa Uganda ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba, yabwiye Bobi Wine gukomeza kubyina no kuririmba, ngo kuko atarwaniye Uganda imyaka itandatu kugira ngo iyoborwe n’uriya muhanzi. Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yaherekeje Perezida Yoweri Museveni mu gace ka Kashenyi, aho yiyamamarije. Gen Otafiire yagaragaje ko kuyobora Uganda atari irushanwa ry’imyidagaduro, ko ahubwo […]
Marines FC inyagiye Kiyovu Sports iyisanze i Kigali
Ikipe ya Marines FC yakomeje kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’ikiciro cya mbere, nyuma yo kunyagira Kiyovu Sports ibitego 3-0. Iyi kipe y’i Rubavu yari yasuye Kiyovu Sports, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Iyi kipe y’umutoza Yves Rwasamanzi yaherukaga gutsinda Gorilla FC ibitego 2-0, mu gihe […]
Afurika: Ibihugu 10 umuntu agiriramo ibyago byo gupfa atarageza ku myaka 40
Raporo ngarukamwaka ya ‘Global Peace Index’, ni yo igaragaza uko ibihugu byo mu Isi birutanwa mu kurangwamo amahoro. Ni Raporo ikorwa n’Ikigo ”Institute for Economics & Peace” cyo muri Australia gikora ubushakashatsi bushingiye ku bintu binyuranye, cyifashishije itsinda ry’Inzobere Mpuzamahanga zituruka mu bigo bitandukanye biharanira amahoro. Global Peace Index ya 2020 igaragaza uko ibihugu 163 […]
Abitegura kuba abasirikare bakuru ba Kenya baje gufatira amasomo kuri RDF

Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu bo mu Ishuri rya Gisirikare rya Kenya, bari mu Rwanda kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho bitabiriye uruzinduko rujyanye n’amasomo. Uru ruzinduko rw’iminsi irindwi bazarusoza ku wa 11 Ukuboza. Ku munsi w’ejo ririya tsinda riyobowe na Maj Gen Rashid Abdi Elmi uyobora ririya shuri, ryahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen […]
RDC: Gen Delphin Kahimbi yashyinguwe nyuma y’amezi 10 apfuye
Umurambo wa Général-major Delphin Kahimbi wahoze akuriye Ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, washyinguwe ku cyumweru nyuma y’amezi akabakaba 10 yitabye Imana. Gen Kahimbi witabye Imana muri Gashyantare uyu mwaka, yashyinguwe mu gace ka Kinezire avukamo muri Terirwari ya Kalehe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuhango wo gushyingura Gen Kahimbi waberewe […]
Musanze FC yakuye amanota atatu ya mbere muri shampiyona kuri AS Muhanga
Ikipe ya Musanze FC yegukanye amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’ikiciro cya mbere ya 2020/21, nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 2-1. Hari mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade Ubworoherane. Iyi kipe yo mu majyaruguru y’u Rwanda ntiyari yarabashije gukina umukino w’umunsi wa mbere ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, bijyanye […]
Major Mudathiru na bagenzi be basabiwe gufungwa burundu
Ubushinjacyaha bwa gisirikare kuri uyu wa Mbere, bwasabiye abantu 32 bakurikiranyweho gukorana n’imitwe ya P5 na FLN mu bikorwa by’iterabwoba ku Rwanda barimo Rtd Major Muthadiru Habibu gufungwa burundu. Itsinda rya mbere ry’abasabiwe gufungwa burundu rigizwe n’abantu 25 bayobowe na Rtd Major Mudathiru Habib wahoze mu Ngabo z’u Rwanda. Aba baregwa ibyaha bitanu birimo kwinjira […]
Gen Muganga yavuze amasomo APR FC yigiye ku gutsindwa na Gor Mahia
Umuyobozi wungirije wa APR FC, Maj. Gen Mubarakah Muganga, yavuze umukino batsinzwemo na Gor Mahia wabigishije ko bagomba kwizera insinzi ari uko umusifuzi ahushye mu ifirimbi ya nyuma. Gen Muganga yabigarutseho ku Cyumweru, ubwo yakiraga ikipe abereye umuyobozi mu mwiherero i Shyorongi, aho yagiye kwitegurira imikino ya shampiyona ya 2020/21. APR FC iheruka gusezererwa na […]
Ihere ijisho uburanga bwa Rose Manfere wambitswe ikamba rya Miss Tanzania 2020 (Amafoto)

Umunya-Tanzaniakazi, Rose Manfere, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize yegukanye ikamba rya Nyampinga wa Tanzania wa 2020, ahigitse abakobwa 19 bagenzi be barihataniraga. Manfere w’imyaka 20 y’amavuko yegukanye ririya kamba, nyuma y’uko ririya rushanwa ryari ryarakunze gusubikwa bya hato na hato kubera icyorezo cya Covid-19. Ni umukobwa ufite uburanga, wahise ubona amahirwe yo kuzahagararira Tanzania mu […]
Abarwayi bashya 41 banduye COVID-19 mu Rwanda
Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatandatu, yatangaje ko mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 41 ba COVID-19, mu gihe abakize iki cyorezo ari 24. Abarwayi bashya babonetse barimo 18 babonetse mu mujyi wa Kigali, 19 babonetse i Rubavu, mu gihe uturere twa Kirehe, Nyagatare, Rusizi na Gakenke twabonetsemo umuntu umwe muri buri kamwe. Mu gihugu hose […]
Ifoto y’intumwa ya Papua New Guinea yagiye mu nteko ya Loni yabunuje yongeye guca ibintu
Ifoto y’intumwa y’igihugu cya Papua New Guinea yagiye mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yongeye guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga aho abantu bakomeje gutangarira iriya ntumwa. Iyo ntumwa yafotowe ubwo yari ihagarariye kiriya gihugu mu nteko rusange ya Loni yo muri 2017 yabereye i New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Ku ifoto iriya ntumwa […]
Urugendo rwa APR FC muri CAF Champions league rurangiriye i Nairobi
Ikipe ya APR FC yasezerewe muri CAF Champions league y’uyu mwaka, nyuma yo gutsindindwa na Gor Mahia yo muri Kenya ku giteranyo cy’ibitego 4-3. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari yaratsinze ibitego 2-1 mu mukino ubanza wabereye i Kigali, gusa ntibyari bihagije kugira ngo irenge ijonjora ry’ibanze kuko mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Nyayo National […]
I Burundi bakirije yombi icyemezo cya Loni cyo guhagarika kubakoraho iperereza ryihariye
Abategetsi b’u Burundi bakirije yombi icyemezo cy’Akanama gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye, Loni, kasabye Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bigomba gukorwaho iperereza ryihariye. Mu itangazo kariya kanama kashyize ahagaragara ku munsi w’ejo, kasabye Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bigomba gukorwaho iperereza mu buryo […]
Menya gereza eshanu mbi kurusha izindi muri Afurika
Hari gereza zo muri Afurika usanga imfungwa zibaye mu buzima bwiza aho usangamo za Televiziyo, ubwiherero bugezweho, inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri, yemwe abagororwa barya neza. Ku rundi ruhande ariko hari izindi gereza usanga imfungwa zibayeho mu buzima bubi cyane, ku buryo hari abadatinya no kuzigereranya n’ikuzimu. Twifashishije urubuga Phoenix, tugiye kubagezaho gereza eshanu zifatwa nk’imbi […]
Abakinnyi ba Gasogi United batuye KNC insinzi bamwifuriza isabukuru nziza (Amafoto)

Ku wa Gatanu nyuma y’umukino wa shampiyona bari bamaze gutsindamo Sunrise ibitego 3-1, abakinnyi b’ikipe ya Gasogi United batunguye Perezida w’iriya kipe, Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’ bamwifuriza isabukuru y’amavuko. Gasogi United yari yasuye Sunrise kuri Stade y’i Nyagatare, ihatsindira ibitego 3-1. Ni ibitego iyi kipe yatsindiwe na Iradukunda Jean Bertrand watsinzemo ibitego bibiri, na Ndayisenga […]