Abafatira ibihano abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID ndabashyigikiye, ndetse cyane_Minisitiri Shyaka

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yahaye rugari abayobozi b’inzego z’ibanze n’abo mu zindi nzego zitandukanye baca amande abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19; ababwira ko abashyigikiye mu gihe cyose ntawe bazaba bahora ubusa.

Minisitiri Shyaka yabigarutseho ku wa Gatatu, mu kiganiro cyahuje itangazamakuru n’inzego zirimo Za Minisiteri y’Ubuzima, Ubutegetsi bw’Igihugu, Siporo, Ubucuruzi n’Inganda ndetse na Polisi y’Igihugu.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yabikomojeho, nyuma y’uko yari amaze kubwirwa ko hari imirenge yo mu nkengero zo mu mujyi wa Kigali abaturage babona imodoka bakagira ubwoba, wababaza ikibirukansa bagasubiza ko batinya amande y’abayobozi.

Minisitiri Shyaka yavuze ko yagira ikibazo ari aho yumvise abaturage bahanirwa kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 batayarenzeho, na ho guhana abayarenzeho akaba nta kibazo abibonamo. Yasabye abaturage gutinya COVID-19 kuruta gutinya abashobora kubaha ibihano.

Ati: “Ibyiza ni uko twatinya COVID ariko kuyitinya bikatuganisha gutinya kubusanya n’amabwiriza yo kiyirinda. Aho ni ho dukwiye kuganisha nk’Abanyarwanda, n’ubukangurambaga twavugaga ni aho bukwiye kuganisha. Na ho nituza kumvikanisha ko dushobora kurengera abantu no kubumva kubera guhabwa ibihano byo kurenga ku mabwiriza ari bo banyamakosa, baraba batuyobeje.”

Akomeza ati: “Ahubwo abaturage babyumve, rwose aho inzego z’ibanze zifatanyije n’izindi nzego zibishinzwe yaba Polisi n’izindi nzego, bafatire ibihano biteganyijwe, bigaragara abarenze ku mabwiriza; bayarenzeho koko. Ndabashyigikiye, ndetse ndabashyigikiye cyane. Ibyo bihano babitange, babitange uko bimeze, babitange niba hari uwarenze ku mategeko; aho ntabwo turi bunyeganyege.”

Minisitiri Shyaka yavuze ko anashyigikiye Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwazamuye ibihano ku barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, ngo kuko icyaba ikibazo ari uguhana utateshutse, cyangwa uwateshutse ntacibwe ayo mande.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *