20260618_171432

AFC/M23 yavuze ku makuru avuga ko Minembwe yaba yafashwe n’Ingabo za Kinshasa 

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa AFC/M23 wanyomoje amakuru yatangajwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kivuga ko cyigaruriye Centre ya Minembwe iherereye mu misozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ku wa Gatatu tariki ya 17 Kamena ni bwo FARDC biciye muri Lt. Reagan Mbuyi Kalonji uvugira ibikorwa byayo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yigambye kwigarurira Minembwe nyuma yo kuyirukanamo imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23.

AFC/M23 biciye mu muhuzabikorwa wayo wungirije ushinzwe ubukungu n’imari, Dr. Freddy Kaniki, kuri uyu wa Kane yabwiye abanyamakuru ko Minembwe itarigera ifatwa.

Ati: “Ku by’uko baba barafashe Minembwe, ntekereza ko bifuza ko bakabaye bayifashe. Ntayo bafashe kandi ntibazigera bayifata.”

Dr. Kaniki yavuze ko ibiri kuba mu Minembwe ari icyiza, kuko ari Guverinoma iri kurwanya abaturage bayo.

Yavuze ko bitandukanye n’imirwano ibera mu bindi bice bya Congo Kinshasa aho usanga ahanini ishingiye ku mabuye y’agaciro, imirwano yo muri Minembwe

Ati: “Impamvu yonyine hariya hari imirwano ni ukubera ko hari abaturage bahatuye badashakwa, batifuzwa ndetse bagomba gusibwa ku ikarita.”

Kaniki yunzemo ko intambara iri mu Minembwe itari iya none, kuko ishinze imizi mu myaka myinshi ishize ubwo Abanyamulenge bamburwaga ubwenegihugu.

Yavuze ko ibiri kuba mu Minembwe ari ugushyira mu bikorwa umugambi Leta ya Kinshasa imaranye igihe wo kurimbura Abanyamulenge.

Kaniki icyakora yashimangiye ko Abanyamulenge batazaceceka cyangwa ngo bemere kwicwa, boshye intama ziri kujyanwa mu bagiro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *