messi-ronaldo-mediamiser-678x381_1_.jpg

Abakinnyi b’umupira w’amaguru bangana urunuka (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe bizwi ko umupira w’amaguru uhuza ingeri z’abantu batandukanye bakishima, rimwe na rimwe ujya unabonekamo amakimbirane atandukanye yaba ashingiye ku myemerere, ku ruhu, amadini ndetse n’ibindi bitandukanye; bikaba intandaro yo kugira ngo abantu bahinduke abanzi.

Aya makimbirane hari abayagirana akarangira, mu gihe hari n’ababikirana inzika ku buryo icyari akantu gato birangira gihindutse inzigo.

Ni muri uru rwego twabateguriye urutonde rw’abakinnyi 15 bakina umupira w’amaguru batigera bacana uwaka bijyanye n’ibintu bitandukanye batemeranyaho.

15. Messi & Cristiano Ronaldo

messi-ronaldo-mediamiser-678x381_1_.jpg

Nk’uko ikinyamakuru thesportster.com cyabyanditse, mu busanzwe aba bagabo bombi nta makimbirane azwi baba barigeze kugirana hagati yabo, gusa imyitwarire yabo mu kibuga ni yo ibagira abanzi, bigakuzwa cyane n’abafana babo. Aba icyo bahora bahanganiye ni uko buri umwe aba yifuza ko afatwa nk’umwami wa ruhago, n’ubwo bigoranye kumenya ngo uwa mbere muri bo ni nde.

14. Zlatan & Van Der Vaart

68747470733a2f2f73332e616d617a6f6e6177732e636f6d2f776174747061642d6d656469612d736572766963652f53746f7279496d6167652f76615f3276514a73355350346e413d3d2d3330303136313234342e313436633130366164623337343066643431323530313538333030362e6a7067.jpg

Zlatan Ibrahmovic na Raphael Van Der Vaart, umwe akomoka muri Suède (Zlatan) mu gihe mugenzi we akomoka mu Buholandi. Aba ni bamwe mu bafite amakimbirane amaze igihe kirekire kuko yatangiye ubwo bakinanaga muri Ajax yo mu Buholandi. Amakimbirane hagati yabo yatangiye ubwo Suède n’Ubuholandi bari bahuriye mu mukino wa gicuti bikarangira Van Der Vaart avunitse. Iyi mvune yagize yavuze ko yayitewe na Zlatan wamuvunnye abigambiriye, ndetse abivuga cyane no mu itangazamakuru. Mu kumusubiza, Zlatan yavuze ko bizarangira amuvunnye amaguru yombi, urwango ruba rutangiriye aho.

13. Oliver Khan & Jens Lehmann

bfpec1fcaaeahnu.jpg

Aba bagabo bombi bari abazamu bakomeye cyane ndetse banakinanaga mu kipe y’igihugu y’Ubudage. Amakimbirane y’aba bombi yaturutse mu kurwanira umwanya wa mbere mu kipe y’igihugu. Mbere na mbere Oliver Khan ni we wari umuzamu wa mbere w’Ubudage, gusa ubwo Lehmann yamutwaraga umwanya mu gikombe cy’isi cyo muri 2006, byakuruye impaka ndende ndetse biba ngombwa ko bajya babasimburanya.

12. Diego Maradona & Pele

maradona-pele-egpwallace_1_.jpg

Kimwe na Lionel Messi na Cristiano Ronaldo, Amakimbirane ya Pele na Nyakwigendera Maradona bahoze ari imcuti z’akadasohoka ashingiye ku guhanganira icyubahiro cy’uko umwe yumva ari we witwa umwami wa ruhago. Ibi byoyongeraho ko aba bagabo bombi bakomoka mu bihugu bya Brazil na Argentina bisanzwe birebana ay’ingwe mu mupira w’amaguru.

11. Robert Lewandowski & Jakub B?aszczykowski

Aba bakinnyi bombi basanzwe bakinana mu kipe y’igihugu ya Pologne, ndetse banakinannye muri Dortmund yo mu Budage. Aba bapfuye igitambaro cy’ubukapiteni mu kipe y’igihugu ya Pologne. Mu busanzwe B?aszczykowski ni we wahoze ari kapiteni w’iyi kipe. Ubwo yari yagize imvune, byabaye ngombwa ko Lewandowski ari we uba ufashe izo nshingano, gusa ubwo uyu musore yagarukaga byarangiye adasubijwe igitambaro cye.

10. Teddy Sheringham & Andy Cole

teddy-sheringham-andy-cole-theguardian_1_.jpg

Aba bahoze ari inshuti magara bakinira Manchester United, gusa ubwo Cole yageraga mu kipe y’igihugu cy’Ubwongereza ni ho ibintu byazambye. Icyo gihe yinjiye nk’umusimbura wa Sheringham, gusa uyu mukinnyi ntiyamuhereza ikiganza ari na bwo batangiye kwangana urunuka.

9. Roy Keane & Patrick Vieira.

keane-vieira-telegraph_1_.jpg

Keane yakiniraga Man United, mu gihe Vierra yakiniraga Arsenal. Aba ni abakinnyi bagiye bahangana kenshi, gusa ibyabo byajaguye muri 2005 ubwo barwaniraga mu rwambariro mbere y’umukino wa Manchester United na Arsenal.

8. Didier Zokora & Emre Belozoglu.

zokora-emre-onedio_1_.jpg

Zokola azwiho kuba ari we mukinnyi wakiniye Cote d’Ivoire imikino myinshi aho yayikiniye 123, mu gihe Belozoglu yakiniye Turkiya imikino 94. Aba bapfuye ko Belozoglu yatutse Zokora kuri nyina, birangira umunya Cote d’Ivoire arakaye ajya no kumukubita ari na ho urwango rwatangiriye.

7. Oleguer Presas & Salva Ballesta.

Oleguer Preses yari myugariro ukomeye cyane wa FC Barcelona wanize ubukungu na politiki ku buryo buhagije, mu gihe Ballesta yari umwataka ukomeye w’ikipe ya Malaga. aba bombi bapfuye ko Ballesta yarwanyaga ibitekerezo bya Oleguer by’uko Catalunya yabona ubwigenge, birangira babaye abanzi.

6. Luis Suarez & Patrice Evra.

liverpool-vs-man-united-patrice-evra-luis-suarez.jpg

Suarez kuri ubu ukinira Atletico Madrid, ni umukinnyi ukunda kugaragaza ihangana mu gihe akeneye igitego ku buryo yemera kuruma na ba myugariro, mu gihe Evra azwi nk’umwe mu bakinnyi bashyuha mu mutwe. Amakimbirane hagati y’aba basore bombi yavutse muri 2011 ubwo Manchester United na Liverpool banganyaga 1-1. Muri uyu mukino, Suarez yagaragarije cyane Evra irondaruhu aho yirirwaga avuga ijambo “negrito”, ibintu yaje no guhagarikirwa imikino 8.

5. Zlatan Ibrahimovic & Oguchi Onyewu.

zlatan_v_gooch-theoriginalwinger_1_.jpg

Aba bashwanye ubwo bakinanaga muri AC Milan muri 2010. Aba bagabo bombi batimbaguraniye mu myitozo, nyuma Zlatan atangaza y’uko bapfuye ko yari amuteye aga tacle bikarangira barwanye. Zlatan yavuze ko n’ubwo ngo Onyewu ari ikigabo kinini wagira ngo gikina iteramakofe atigeze agitinya.

4. Mauro Icardi na Maxi Lopez.

icardi-wanda-nara-maxi-lopez_7y0nnaiybtrk1ck8q6vxgtlqp.jpg

Mu busanzwe aba bahoze ari incuti magara. Bapfuye y’uko Icardi yatwaye Maxi Lopez umukunzi mu rwego rwo kumwihoreraho, birangira bashwanye burundu ku buryo ntaw’ugihereza mugenzi we intoki.

3. Joey Barton & James Henry/Thiago Silva/Ousmane Dabo.

Mu busanwe Barton ni umukinnyi ugira amahane menshi ku buryo ashwana na buri umwe, gusa aba bakinnyi bavuzwe haruguru ni bo banzi be kurusha abandi.

2. John Terry & Wayne Bridge.

gettyimages-97136512.jpg

Aba bombi bahoze bakinana muri Chelsea, gusa bapfuye y’uko Terry yasambanyije umugore wa Bridge bikanarangira amuteye inda.

1. Roy Keane na Alf-Inge Haaland.

roy-keane-haaland-espn_1_.jpg

Roy Keane azwi cyane nk’umukinnyi wagiraga amahane avanze n’ubugome muri shampiyona y’Abongereza.

Ibye na Haaland byatangiye mu 1997 ubwo Haaland yakiniraga Leeds United. Mu mukino Leeds yari yahuriyemo na Manchester United, Keane yagerageje kuvuna Haaland birangira ari we uvunitse. Haaland yavuze ko Keane yigwandaritse kugira ngo umusifuzi atamuhana. Imvune Roy Keane yayimaranye umwaka, yongera guhura na Haaland nyuma y’imyaka 4 ubwo yari yaragiye muri Manchester City.

Aha Keane yaje kumuvuna ivi birangira uyu munya-Norvege amaranye iyi mvune imyaka 2 ari na byo byanamuviriyamo gusezera umupira w’amaguru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *