Shampiyona izasubukura vuba_Minisitiri Munyangaju

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yatangaje ko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda izasubukurwa mu gihe cya vuba, ariko bitewe n’uko Ferwafa izaba yagaragarije inzego zishinzwe kurwanya COVID-19 ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo.

Ni nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo ihagaritse iriya shampiyona bitewe n’uko yasanze hari amakipe yagaragayemo ubwandu bwa COVID-19 ndetse hakaba hatarakurikijwe amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu, kigaruka ku ngamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19, Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yavuze ko Shampiyona izasubukurwa vuba, ariko bitewe n’uko Ferwafa izaba yitwaye mu kuvugurura ingamba nshya zo kwirinda COVID-19.

Yagize ati: “Urwego rushinzwe umupira w’amaguru umunsi ku wundi, nk’uko twabibasabye barimo gusubiramo amabwiriza n’ingamba bita ku ngingo imwe ku yindi ndetse bakazashyikiriza inzego za Leta zishinzwe kurwanya COVID-19 uko izo ingamba zizubahirizwa.”

“Umwihariko hano ni uwo kurinda cyane no gukumira ubwandu mu bakinnyi, no mu bandi bakozi b’ikipe ndetse n’abandi barebwa n’iyi Shampiyona. Hagomba kugaragara uburyo hazabaho gukumira ubu bwandu n’uburyo umwiherero uzasubukurwa kuko warahagaze. Byose ni ingamba bagomba kugaragariza urwego rwa Minisiteri, bakabitugaragariza, noneho tukabona kubyigaho n’izindi nzego zibishinjwe. “

Yakomeje agira ati: “Igihe bazaba babitugejejeho nibwo tuzabyigaho nabo bakabona igisubizo, ariko Shampiyona yo izasubukura vuba nkurikije ibiganiro bimaze iminsi biri hagati yacu n’urwego rushinzwe umupira w’amaguru mu Rwanda.”

Minisitiriri wa Siporo yasoje avuga ko hejuru ya biriya byose bizaterwa n’uko ubwandu buzaba bwifashe mu gihugu hose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *