Marines FC inyagiye Kiyovu Sports iyisanze i Kigali

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Marines FC yakomeje kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’ikiciro cya mbere, nyuma yo kunyagira Kiyovu Sports ibitego 3-0.

Iyi kipe y’i Rubavu yari yasuye Kiyovu Sports, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Iyi kipe y’umutoza Yves Rwasamanzi yaherukaga gutsinda Gorilla FC ibitego 2-0, mu gihe Kiyovu Sports yo yari yatsinze Mukura VS ibitego 3-1.

Rwasamanzi n’abasore be batangiye umukino bahererekanya neza, birangira bafunguye amazamu ku munota wa 15 ku gitego cyatsinzwe na Hakizimana Felecien.

Marines FC yarangije igice cya mbere iri imbere n’igitego 1-0.

Hakizimana Felecien yongeye gutsindira ikipe ye igitego cya kabiri ku munota wa 49 w’umukino, gisa n’igikura mu mukino abasore ba Karekezi Olivier bari batangiranye gahunda yo gushaka igitego cyo kwishyura.

Ikipe ya Marines yatsinze agashinguracumu ku munota wa 70 w’umukino ibifashijwemo na Rutahizamu Mugenzi Bienvenu kuri penaliti.

Nyuma y’umunsi wa kabiri Marines FC iyoboye by’agateganyo urutonde rwa shampiyona n’amanota atandatu, n’ibitego bitanu izigamye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *