AUSTRIA-SHOOTING-SCHOOL-kyuk506t

Autrichia: Abantu 8 bishwe barasiwe mu kigo cy’ishuri ryisumbuye

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 10 Kamena 2025, abantu umunani bapfuye abandi benshi barakomereka mu iraswa ryabereye ku ishuri mu majyepfo ya Autrichia mu mujyi wa Graz, nk’uko umuyobozi w’umujyi abitangaza. Uwakoze ubu bwicanyi na we yapfuye.

Ibiro Ntaramakuru bya Autrichia byatangaje ko Umuyobozi wa Graz, Elke Kahr, yavuze ko ibyabaye ari “amahano akomeye.” Yongeyeho ko abapfuye ari abanyeshuri barindwi n’umuntu mukuru. Kahr yavuze ko abantu benshi bajyanywe mu bitaro bafite ibikomere. Uwabikoze na we yapfuye.

Minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu cya Autrichia mbere yemeje ko hapfuye abantu benshi, ariko nta yandi makuru arambuye. Televiziyo ya Leta (ORF) yatangaje ko abanyeshuri n’abarimu bari mu bakomeretse.

Amakuru avuga ko ukekwaho kuba yakoze icyaha, ufatwa nk’umunyeshuri kuri iki cyiciro, yiyahuye ubwo yasatirwaga n’abapolisi bitwaje imbunda.

Kuri uyu wa Kabiri mu gitondo, igikorwa cya polisi cyari gikomeje ku Ishuri Ryisumbuye rya BORG ku muhanda wa Dreierschuetzengasse.

Umuvugizi wa Polisi ya Graz, Sabri Yorgun, yatangaje ko imitwe idasanzwe y’umutwe wa Cobra iri mu boherejwe kuri iri shuri yisumbuye nyuma yo guhamagarwa ku isaha ya saa yine za mu gitondo, kandi ko abayobozi barimo gukora kugira ngo babone incamake y’ibyabaye.

Izindi nzego zishinzwe ubutabazi na kajugujugu zoherejwe aho byabereye.

Ku isaha ya saa tanu n’igice za mu gitondo, igipolisi cyanditse ku rubuga nkoranyambaga X ko abanyeshuri bimuwe kandi abantu bose bajyanywe ahantu hatekanye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *