Nyuma y’umukino Gasogi United yanganyije na Rutsiro FC, Kakooza Nkuriza Charles (KNC) mu mujinya w’umuranduranzuzi yananiwe kwihanganira umusifuzi yita ko yamwimye umwanya wa mbere.
Wari Umukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona y’u Rwanda aho Gasogi yari yakiriye Rutsiro FC. Iyo iyi kipe iyoborwa na KNC iwutsinda yari guhita ifata umwanya wa mbere by’agateganyo n’amanota 38 mu gihe APR itarakina na Rayon Sports.
Gusa nyuma y’uyu mukino, Perezida wa Gasogi United, KNC ntabwo yishimiye imisifurire y’umusifuzi Rurisa kuko amushinja kuba yabogamye mu buryo bigaragara bigatuma atakaza n’umwanya wa mbere.
KNC mu burakari bwinshi yahize ati: “Arahemutse Rurisa, kandi ahemukiye abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange! Afashe badge yakoreye maze ayisiga amatotoro!”

KNC yakomeje avuga ko we atajyana ikirego cye muri FERWAFA ahubwo ko azajya anengera abasifuzi mu ruhame kugira ngo rubanda imenye imikorere yabo.
Uyu mukino wabereye mu karere ka Bugesera, aho Gasogi United yari imaze iminsi yitwara neza yaje kurangiza ihagamwe na Rutsiro FC ibitego 2-2.
Gasogi United ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Max Well Djoumekou ku munota wa 35, mu gihe ice cya mbere cyenda kurangira mu minota y’inyongera, Jule Watanga yishyuriye Rutsiro FC.
Mu gice cya kabiri, Niyongira Danny yatsindiye Gasogi United igitego cya kabiri ku munota wa 64, mu gihe ku munota wa 80 Matata Gakuru yishyuriye Rutsiro FC maze umukino urangira amakipe aguye miswi.

Gasogi United iri mwanya wa 2 ku rutonde RWA shampiyona n’amanota 36, irushwa inota 1 na APR FC itegereje kwesurana na Rayon Sports ku mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona.


