Nshobozwa yafashije REG BBC ihagarariye u Rwanda gutsinda AS Dounes yo muri Sénégal amanota 69 kuri 55 mu mikino y’irushanwa Nyafurika muri Basketball iri kubera i Dakar muri Sénégal, ihita inakatisha itike y’imikino ya nyuma izabera mu Rwanda.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Werurwe, mbere gato y’umukino wahuje REG BBC ihagarariye u Rwanda muri BAL na AS Dounes, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yabanje gushyikirizwa igihembo ’BAL Ubuntu Trophy’, nk’umukinnyi w’iri rushanwa urusha abandi uruhare runini mu mibereho myiza y’abaturage.
Nshobozwa yegukanye iki gihembo nyuma yo guhigika Essome Pierre ukinira FAP yo muri Cameroun na Gerson Lukeny wa Petro de Luanda yo muri Angola bari bagihanganiye, ibyatumye yitwara neza muri uyu mukino.
Uyu wari umukino wa gatatu REG BBC ibarizwa mu gace kiswe ‘Sahara Conference’ yari ikinnye, aho yari izi neza ko niramuka itsinze uyu mukino ihita ibona itike yo kuzakina imikino ya nyuma ‘Playoffs’ izabera muri BK Arena mu Rwanda muri Gicurasi uyu mwaka.
Muri rusange, REG BBC yakinnye igice cya mbere iri hejuru mu bijyanye no gutsinda kuko agace ka mbere karangiye REG iyoboye n’amanota 25 kuri 12 ya AS Dounes ndetse n’agace ka kabiri ikarangiza iyoboye na 17 kuri 12 n’ubundi ya AS Dounes yari mu rugo.
Ikipe ya AS Dounes yagarutse mu gice cya kabiri yiminjiriyemo agafu mu mikinire kuko nubwo yatsinzwe agace kabanza amanota 15 kuri 12, agace ka nyuma yagatwaye itsinze REG amanota 19 kuri 12.
Muri uyu mukino Nshobozwa yatsinzemo amanota 14, akora ‘Rebounds’ 9 ndetse anatanga imupira 2 yavuyemo amanota.
Abandi bakinnyi bagize uruhare runini muri uyu mukino ni Dieudonne Ndizeye watsinze amanota 13 na Thomas Cleveland Jr watsinze amanota 12 akanatanga imipira 7 yavuyemo amanota.
Ku rundi ruhande, umukinnyi wa AS Dounes Marcus Christopher Crawford watsinze amanota 15 agatanga n’imipira 4 yavuyemo amanota.
Iyi ntsinzi ya gatatu yikurikiranya yatumye REG BBC ikatisha itike yo kuzakina imikino ya nyuma ya Basketball Africa League, izabera i Kigali muri Gicurasi 2023.
Iyi ntsinzi kandi ije ikurikira iyo REG BBC yatsinzemo Abidjan Basketball Club izwi nka ‘ABC Fighters’ yo muri Côte d’Ivoire amanota 80-73, mu mukino Adonis Filer yitwayemo neza atsinda amanota 25, ‘Rebounds’ 4 n’imipira 6 yavuyemo amanota.
REG kandi mu mukino wayo wa mbere wabaye ku Cyumweru gishize, yari yatsinze Kwara Falcons yo muri Nigeria amanota 64 kuri 48.

Nshobozwa yabanje gushyikirizwa igihembo cya BAL Ubuntu Trophy


REG BBC yahise ikatisha itike y’imikino ya nyuma izabera muri BK Arena mu Rwanda


