Bangui: U Bufaransa bwashinjwe gushaka kwica umuyobozi w’ikigo ndangamuco cy’Abarusiya

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’umutwe w’abacanshuro b’Abarusiya (Wagner Group) yashinje u Bufaransa gushaka kwica umuyobozi w’ikigo ndangamuco cy’u Burusiya (Russian House) muri Repubulika ya Centrafrica wajyanywe mu bitaro ku wa Gatanu nyuma yo gufungura ibahasha itezemo igisasu.

Umuvugizi wa Ambasade y’u Burusiya muri Centrafrica yavuze ko Dmitry Syty ukuriye “Russian House”, yakomeretse bikabije ubwo iyi bahasha yaturutse ku muntu utamenyekanye, yaturikaga.

Ambasade y’u Burusiya yavuze ko Syty yajyanywe mu bitaro byo mu murwa mukuru, Bangui, ku wa Gatanu nk’uko iyi nkuru dukesha Swissinfo ikomeza ivuga.

Yevgeny Prigozhin, washinze Wagner, isosiyete yigenga y’umutekano y’Abarusiya ikoresha abahoze ku rugerero mu Ngabo z’u Burusiya barwaniye muri Repubulika ya Centrafrique (CAR), yashinje u Bufaransa icyo gitero.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa ntiyahise isubiza ibirego bya Prigozhin.

U Bufaransa ni bwo bwahoze bukolonije Centrafrica, igihugu gikungahaye kuri zahabu na diyama gifite abaturage miliyoni 4.7 leta yabo ikomeje guhangana bya hato na hato n’imitwe y’inyeshyamba myinshi.

“Mbere yo guta ubwenge, Dmitry Syty yaboneyeho kuvuga ati:” Nabonye inyandiko: Iyi ni iyanyu kuva ku Bafaransa bose, Abarusiya bazava muri Afurika “”, Prigozhin ukunze gushyigikiye bikomeye Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin , yavuze ibi mu itangazo ryashyizwe kuri Telegram.

Ntiyavuze uko yamenye ibyo Syty yavuze.

Prigozhin ati “Namaze gusaba Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya gutangiza inzira yo gutangaza ko u Bufaransa ari igihugu gitera inkunga iterabwoba, ndetse n’iperereza ryimbitse ku buryo bw’iterabwoba bw’u Bufaransa n’abafatanyabikorwa b’iburengerazuba, Amerika n’abandi , ”

Nta bisobanuro byatanzwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya.

Abakozi b’u Burusiya babarirwa mu magana, barimo benshi bo mu itsinda rya Wagner, bageze muri CAR kuva mu mwaka wa 2018 kandi bakorana mu buryo bwa hafi n’ingabo z’igihugu kugira ngo bafashe kurwanya inyeshyamba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *