Barasaba u Burundi gufatanya n’u Rwanda mu iperereza ku rupfu rwa Ntaryamira n’abaminisitiri babiri

Sangiza iyi nkuru

Abagize umuryango wa AVOD w’imfubyi n’abapfakazi b’abaminisitiri babiri bapfanye na Cyprien Ntaryamira na Juvénal Habyarimana n’ishyaka Sahwanya-FRODEBU kuri uyu wa 5 Mata 2021 basabye Leta y’u Burundi gufatanya n’iy’u Rwanda gukora iperereza ku ihanurwa ry’indege barimo ryabaye mu myaka 27 ishize, bose bakahasiga ubuzima.

Aba baminisitiri bapfanye na Ntaryamira ni Ciza Bernard na Simbizi Cyriaque.

Adele Ahishakiye uyoboye AVOD mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yagize ati: “Ishyirahamwe AVOD ribabajwe no kuba imyaka 27 ishize nyuma y’icyo cyago, Abarundi bose muri rusange cyane cyane imiryango y’ababuze ababo batarabona umucyo ku byabaye.”

Hon. Pierre Claver Nahimana uyoboye ishyaka Sahwanya-FRODEBU Ntaryamira yari abereye umunyamuryango, yavuze ko uyu muryango n’Abarundi bakeneye kumenya ukuri ku cyishe Ntaryamira n’aba baminisitiri, kuko ngo amaperereza yakozwe n’inzego zitandukanye yagiye agaragaza ibyavuyemo bitandukanye, ku buryo kigiteye urujijo.

Na we yagize ati: “Kuva icyo gihe kugeza n’ubu uzi amaraporo asohoka hirya no hino, usanga harimo ibihushanye, bamwe bakavuga ngo ni aba bayirashe, ariko kugeza ubu ukuri ntikuramenyekana.”

Nahimana yakomeje asobanura ko Leta y’u Burundi n’iy’u Rwanda zifatanyije, iperereza ryakorwa. Ati: “Urubanza rwerekeye Perezida Sipiriyano Ntaryamira nta na hamwe tuzi ko ruratangira. Twebwe turindiriye ko cyane cyane Leta ifite ububasha bukomeye yakumvikana na Leta yo mu Rwanda kugira ngo amaperereza ku bishe Ntaryamira atangire.”

Na none ati: “Kuko nta maperereza ahari, byagora kugira ngo urubanza rujyanwe imbere y’ubutabera. Muri iki gihe twebwe ntituregera ubutabera ngo tuvuge tuti ‘tangiza urubanza’ ahubwo tugiye imbere y’ubutabera kuba ari ugusaba tuti ‘nibutangize amaperereza y’uburyo Ntaryamira yishwe.”

Mu gihe hazaba hamaze kumenyekana icyavuye mu iperereza ku rupfu rwa Ntaryamira n’aba baminisitiri, AVOD na Sahwanya-FRODEBU basaba ko hazaba urubanza rutabogamye, abarugizemo uruhare bahakanwa, imiryango ya ba nyakwigendera igahabwa indishyi.

Ahishakiye yagize ati: “Ishyirahamwe AVOD risaba ko ukuri kuri iryo bara kwamenyekana, ko ubutabera bwakora, ko imfubyi bazibuka mu gutanga akazi kuko usanga barihebye, ko hagomba gushumbusha imiryango yabuze kuko iyo ndege yari ifite ubwishingizi.”

AVOD na Sahwanya-FRODEBU bizeye ko mu gihe bigaragara ko umubano w’ibihugu byombi ko ushobora kongera kuba mwiza, bishobora kuzemera gufatanya gukora iperereza ku cyaba cyarishe Ntaryamire n’aba baminisitiri.

Indege Habyarimana, Ntaryamira n’aba baminisitiri barimo yarashwe mu ijoro rya tariki ya 6 Mata 1994 ubwo yari hafi kugera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, ivuye i Arusha muri Tanzania. Kugeza ubu abayihanuye ntabwo baramenyekana.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *