Inyeshyamba za ADF zirashinjwa kuba zarishe abantu 16 zigakomeretsa abandi 7 ndetse zigatwika imodoka 5 mu gitero zagabye mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere ushize hagati ya Beni na Kasindi mu Murenge wa Rwenzori wo muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umuryango utabara imbabare, Croix Rouge, kuri uyu wa Mbere watangaje ko iki gitero cyatangiriye mu ijoro ryo ku Cyumweru ahitwa Bulongo. Umuyobozi w’urubyiruko rwo muri aka gace, Andika Mihekto, yashinje umutwe wa ADF kuba inyuma y’ubu bwicanyi.
Croix Rouge yatangaje ko umwe mu bantu bishwe ari umukozi wayo wishwe arimo kugerageza guhunga nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika. Sibye kwica abantu no gutwika imodoka izi nyeshyamba zanatwitse inzu z’abaturage.
Ni igitero cya kane kigabwe n’inyeshyamba za ADF muri aka gace kuva mu 2020.
Igisirikare cya FARDC kikaba cyemeje ko izi nyeshyamba za ADF zishe abandi basivili 27 mu kindi gitero cyo kuwa Gatandatu muri Kivu y’Amajyaruguru.
Isaac Nyonyi, umuhuzabikorwa w’umuryango utegamiye kuri leta, Action pour la paix en Afrique, yatangaje ko ingabo za FARDC n’iza Uganda zatabaye ariko abicwa bamaze kwicwa.


